Home AMAKURU IYOBOKAMANA RDC: Pasiteri yahaye umwana imiti isinziriza ngo amusengere akanguke avuge ko amuzuye birangira nabi
IYOBOKAMANA

RDC: Pasiteri yahaye umwana imiti isinziriza ngo amusengere akanguke avuge ko amuzuye birangira nabi

Muri RD Congo, i Lubumbashi umupasiteri w’Itorero ry’Ububyutse, yasezeranye n’umugabo n’umugore bizerwa muri iryo torero guha umwana wabo ibiyobyabwenge byinshi (ibinini bisinziriza) kugira ngo bavuge ko umwana wabo yari amaze gupfa nyuma aze kumukoreraho igitangaza cyo kumuzura.

Mbere yo gushyingura bageze ku irimbi pasiteri araza asengera uwo mwana kugira ngo azuke maze abantu benshi bizere igitangaza akoze, bityo bayoboke itorero rye bavuga ko bafite imbaraga zizura n’abamaze gupfa.

Kubwamahirwe make ya pasiteri umwana yanze gukanguka, kuko yari yahawe igipimo cy’umuti cyarenze imyaka ye n’ibiro yari afite, birangira umwana apfuye burundu.

Nyuma y’ibyo byose nyina w’uwo mwana kwihangana byaramunaniye, maze mu marira menshi mu maso ahishura uko byateguwe ku mugaragaro.

Polisi yahise ita muri yombi Pasiteri n’ababyeyi bombi b’uwo mwana.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

IYOBOKAMANA

Amatorero atanu yambuwe impushya zo gukorera ku butaka bw’u Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu taliki 31 Mutarama 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB,...

IYOBOKAMANA

Abapasiteri barwaniye mu rusengero rw’Itorero Angilikani bapfa amaturo

Mu materaniro yo ku Cyumweru taliki 19 Mutarama 2025, abapasiteri barwaniye mu...

IYOBOKAMANA

Ibikorwa by’abanyamadini bavuga ko bakiza indwara bigiye gukurikiranirwa hafi – Perezida Museveni

Kuri iki Cyumweru taliki 15 Ukuboza 2024, Perezida wa Uganda Yoweri Museveni,...

Don`t copy text!