Home AMAKURU Rubavu: Wa mubyeyi umaze iminsi muri Transit yarekuwe
AMAKURU

Rubavu: Wa mubyeyi umaze iminsi muri Transit yarekuwe

Ibirawa Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu yandikiye akarere ka Rubavu agasaba gukemura ikibazo cy'umuturage

Mu karere ka Rubavu wa mubyeyi wari wajyanywe mu kigo cya Transit center yarekuwe,ibi bibaye nyuma y’ikiganiro “Zinduka” cya Radiotv10 cyo kuri uyu wa 19 Werurwe 2024 cyagarutse kuri iki kibazo.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu (Oswakim) abinyujije ku rubuga rwe rwa X yagize ati:”Yarekuwe, ubu ari kumwe n’abana be batanu.

Mukamana Elvania wari ufungiye mu kigo cyinyuzwamo by’agateganyo ‘abananiranye’ cya Nyabushongo muri Rubavu arekuwe mu kanya mu ma saa kumi n’imwe.

Aya makuru yemejwe n’umukobwa we w’imyaka 14 witabye telefoni ye (ya nyina).

Nyir’ubwite yari ahuze. Naboneka na we turavugana.

Ndashimira abagize uruhare mu kiganiro #Zinduka cya none cyagarutse ku kibazo cy’uyu mubyeyi Elvania waregwaga guteza umutekano muke mu mudugudu w’icyitegererezo wa Muhira mu murenge wa Rugerero. Avuga ko yatomboyemo inzu maze Visi Mayor akamubuza kuyituramo.”

Visi Mayor avuga ko uriya mubyeyi atigeze atombora inzu n’ubwo ari ku rutonde rw’abagomba kubakirwa. Yongeraho ko mu byagenderwagaho ngo umuryango uhabwe inzu muri uriya mudugudu harimo kuba uwo muryango utarengeje abantu 4.

Hagati aho, inzu Elvania acumbitsemo ikodeshwa n’akarere ka Rubavu. Ikindi, igihe yari afungiwe mu nzererezi, akarere kahaye abana ibishyimbo n’ifu y’igikoma, nk’uko umukobwa we amaze kubimbwira.

Uyu mukobwa yabwiye Oswald ko abana bose hamwe ari abana 5. Umukuru ni umuhungu w’imyaka 19 uri mu ishuri ry’imyuga akaba yiga ataha. Umuto afite imyaka 5. Ikindi, babiri ni abo nyina yatoraguye akaba abarera nk’abana be.

Vice Mayor Pacifique Ishimwe, mu kiganiro Zinduka, yavuze ko Elvania yamaze kugaragaza guhinduka, ko ‘azataha muri iki cyumweru’ none koko yatashye.

Inkuru yabanje

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!