Home AMAKURU Kamonyi: Bifuzako ku nkengero za Nyabarongo hashyirwa ibimenyetso by’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
AMAKURU

Kamonyi: Bifuzako ku nkengero za Nyabarongo hashyirwa ibimenyetso by’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Hashize igihe kinini abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite abishwe bakajugunywa muri Nyabarongo ndetse no mu yindi migezi basaba ko hashyirwa ibimenyetso bigaragaza amateka y’ibyahabereye ndetse hakandikwaho n’amazina y’abahiciwe kugirango bijye bibafasha kubibuka.

Kalisa Theogene, ufite abishwe bakajugunywa muri Nyabarongo mu murenge wa Rugalika, avuga ko yishimira ko ubu mu gihugu hari amahoro ugereranije n’igihe cya 1994,ariko ku nkengero z’umugezi wa Nyabarongo hakwiye gushyirwa ibimenyetso bigaragaza amateka y’ibyahabereye.

Ati: “Rwose ubu mu Rwanda dufite amahoro asesuye niyo mpamvu tubona n’umutima wo kwibuka abacu ntabwo tugishikagurika, ariko rero turifuza ko ku nkengero za Nyabarongo hashyirwa ibimenyetso bigaragaza ibyabereye kuri Nyabarongo tukibuka abacu batwawe n’imigezi. Iyo tuje kwibuka dushyira indabyo mu mazi zikagenda, ariko hari ikimenyetso cyubatse byatubera byiza hagashyirwaho n’amazina y’abo twibuka bahiciwe.”

Dr Nahayo Sylvere,Meya w’Akarere ka Kamonyi avugako bakiganira ngo barebe icyakorwa

 

Dr Sylvere Nahayo,Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi,avuga ko ari ibintu bizakomeza kuganirwaho n’ubwo kugeza ubu hatarafatwa icyemezo cy’uko ahantu hose hagiye hicirwa abatutsi bahashyira kiriya kimenyetso kuko ari henshi cyane muri aka karere ariko nubwo batarafata icyemezo bakiganira n’izindi nzego kugirango hanozwe uburyo byakorwa ndetse no gushaka ubushobozi.

Ati: “Twagaragaje ko ari ibintu bikomeza kuganirwaho ariko kugeza ubu ntabwo turafata icyemezo cyane ko ahantu abaturage bagaragaza ari henshi, ariko turacyabiganiraho n’izindi nzego ndetse no gushaka ubushobozi kugirango dufate umurongo uhamye kandi ufatika wo gushaka uburyo hashyirwa ibimenyetso by’amateka cyane cyane nko ku migezi, ahari ibirombe nibindi, ariko turacyabiganira ngo tumenye ibimenyetso byahajya bitewe n’imiterere yabyo n’aho byajya uko hameze ariko turakomeza kubinoza kugirango tumenye umurongo mwiza bizakorwamo no kugirango ibyo bimenyetso bitazangizwa ariko iyo gahunda irahari turayiteganya inyigo yabyo nirangira bizakorwa.”

Kimwe n’ahandi henshi mu gihugu Akarere ka Kamonyi ni kamwe mu turere twgaragayemo jenoside yakozwe mu bugome ndengakamere kandi hakicirwamo n’umubare munini w’abatutsi bishwe bakajugunywa muri nyabarongo no muyindi migezi iri hirya no hino muri aka karere.

Kuva ku itariki ya 07 Mata 2024  haratangira icyunamo cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi.

MUVUNANKIKO Valens/Umurunga.com

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!