Home AMAKURU Gicumbi:Yishwe n’amashanyarazi nyuma yo kuyaturaho igiti
AMAKURUUBUZIMA

Gicumbi:Yishwe n’amashanyarazi nyuma yo kuyaturaho igiti

Gicumbi District

Umugabo witwa Ngabo Jean Jacques Cesar w’imyaka 28 wo mu Murenge wa Mukarange Akagari ka Rugerero, Umudugudu wa Gakizi, yishwe n’amashanyarazi.

Byabaye ubwo yatemaga ibiti mu ishyamba bigwira urutsinga rw’amashanyarazi agerageza kubikurura ngo bive kuri urwo rutsinga umuriro uramwica.

Kuri uyu wa 11 Werurwe 2024 ahagana saa mbiri, ubwo yatemaga ibyo biti nibwo yahuye n’iyo mpanuka ahasiga ubuzima.

Ni amakuru yemejwe n’umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza.

Yasabye abaturage kujya birinda gukinisha ibikoresho by’amashanyarazi, abagira inama yo kujya bifashisha ikigo bireba cya REG mu kwirinda izo mpanuka.

Ati:“Icyo tubwira Abaturage ni ukwirinda gukora ku bikoresho by’Amashanyarazi igihe icyari cyo cyose ukeneye gukora ikintu gifite aho gihurira n’amashanyarazi mu rwego rwo kwirinda impanuka bajya bareba ikigo gishinzwe amashanyarazi REG.”

Kugeza ubu umurambo wajyanywe ku Bitaro bya Byumba kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!