Saturday, September 28, 2024
spot_img

Latest Posts

Nyamasheke: Abanyeshuri basubijwe kongera kurya mu rugo,stocks zirera

Ishuri rya Nyarutovu mu murenge wa Bushenge, mu karere ka Nyamasheke ryasezereye abanyeshuri bitewe n’uko ibyo kurya byashize,abana bakaba bari gutaha bakajya kurya mu rugo.

Iki cyemezo ubuyobozi bw’iri shuri ribanza buvuga ko bwagifashe nyuma yo kubona ko mu bubiko(stock) bw’ikigo nta biribwa bisigayemo, ndetse n’amafaranga y’uruhare rw’aababyeyi nayo yamaze gushira.

Bivugwa ko abanyeshuri bishyuye ari mbarwa kuko mu bagombaga kwishyura muri 900 nta na kimwe cya kabiri bishyuye.

Icyumweru kirihiritse abanyeshuri bajya kurya mu rugo iwabo, bakavuga ko batazi uko byagenze.

Ibi bikaba birimo kugira ingaruka ku banyeshuri bakuru biga mu gitondo na nimugoroba aho bavuga ko bakererwa kugera ku ishuri basanga amasomo yabacitse.

Umwe mubo bigiraho ingaruka yagize ati: “Iyo hari umwarimu uri buzemo dusanga isaha ye yatangiye twagiye kurya mu rugo hakazamo undi, imvura nayo itunyagira.”

Umubyeyi nawe ubangamirwa n’icyi kibazo yagize ati: “Biri kutubangamira kuko umubyeyi arasabwa gutaha saa tanu kugira ngo ajye gushaka icyo Umwana arya.”

Umunyamakuru yasanze mu bubiko bw’iryo shuri hasigayemo amavuta yo gutekesha gusa.

Umuyobozi w’iki kigo, Niyonsaba Justin, yavuze ko imisanzu abayeyi batanga yashize anavugako  kandi n’ibyo akarere kohereza ku kigo nabyo byashize kare.

Uyu muyobozi avuga ko mu banyeshuri 921 bagombaga kwishyura,abishyuye ari 412 gusa.

Ati: “Akarere kazanye ibishyimbo, umuceri na kawunga, ariko byararangiye.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buvuga ko iki kibazo kidafitwe n’iki kigo gusa,ahubwo ko hari n’ibindi bigo bifite ikibazo cy’ibiryo bike.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse, yavuze ko hari n’ibindi bigo bigiye kubura ibyo kurya burundu.

Ati: “Turatangira kureba uburyo ejo bazarya ndetse tunareba niba hari n’ahandi kuko ushobora gusanga bageze aho na sitoke zishira nk’aha.

Ariko by’umwihariko muri uwo murenge hari umubare munini w’abaturage batari bishyura, turi bwongere gukorana inama n’abafatanyabikorwa b’imirenge twongere gushyiramo ingufu mu kumvisha abayeyi uruhare rwabo.”

Ikibazo cy’ibigo by’amashuri birimo gushirirwa ku biryo by’abanyeshuri, bamwe mu bayobozi b’ibigo bavuga ko bifite umuzi kuri ba rwiyemezamirimo bahawe amasoko n’uturere n’abo ntibishyurirwe igihe, hakiyongeraho n’imiryango itishoboye itabasha kwishyurira abana bose biga baba bafite.

 

 

 

Latest Posts

spot_imgspot_img

ANDI MAKURU

error: Content is protected !!