Home AMAKURU Gasabo: Hatagize igikorwa ibiraro biratwara ubuzima bw’abantu
AMAKURU

Gasabo: Hatagize igikorwa ibiraro biratwara ubuzima bw’abantu

Bamwe mu baturage bakoresha ikiraro cy’ibiti gihuza Umudugudu wa Buranga muri Kibagabaga n’umudugudu w’Urugwiro mu Kagari ka Nyagatovu mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo, barifuza ko iki kiraro gikorwa mu buryo burambye kubera ko bitabaye ibyo gishobora guteza impanuka.

Mu masaha y’umugoroba ubwo umunyamakuru wa Izuba Radio/TV yasuraga abaturage bakoresha iki kiraro barimo n’abana bato bavaga ku ishuri, bamugaragarije ko iki kiraro cy’ibiti bibiri nubwo bakifashisha ariko ari ukubura uko bagira.

Rugwiro Patrick yagize ati:”Njye kuva nagera aha muri aka gace iki kiraro nkizi kimeze gutya, kandi ubuyobozi nabwo burakizi. Ubuse bategereje ko umuntu azanyerera akavunika cyangwa akahasiga ubuzima?”

Undi witwa Ntirandekura Viateur yagize ati:”Niba ubuyobozi bukunda abaturage, nibadutabare batwubakire ikiraro kizima kiduhuza n’abaturage bo muri ikibagabaga kuko biragoye kwambuka aha hantu, ubuse koko wowe nk’umunyamakuru hari icyo utabona?”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko hari gahunda yo gusana ibiraro nk’ibi byangiritse, aho busaba abaturage gutanga amakuru y’aho biri bigakurikiranwa .

Asaba Katabarwa Emmanuel,Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa remezo mu Mujyi wa Kigali yagize ati:”Ubundi gahunda yo gusana imihanda n’ibiraro ni gahunda ihoraho, iyo cyagaragaye ko gikeneye gusanwa kirasanwa, ahubwo waduha aho giherereye kugirango tubikurikirane”.

Uyu muyobozi asaba abaturage banyura ku biraro nk’ibi kubyitondera cyangwa bagashaka ahandi banyura mu gihe bitaratunganywa.

Mu murenge wa Kimironko wo mu Karere ka Gasabo hari ibiraro byinshi by’ibiti biri hejuru ya za ruhurura ndende mu bujyakuzimu bigaragara ko ari ibya cyera kandi byashaje ku buryo ntagikozwe ngo bisanwe bishobora kuzatwara ubuzima bw’abantu cyangwa bakabivunikiramo.

Kubinyuraho ni ugufunga uwuka
Bafite ubwoba ko bizabatwara ubuzima

 

Src:Izuba Radio Tv

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!