Home AMAKURU Rutsiro: Abagizi ba nabi bishe umugabo w’urugo bateye basiga banakomerekeje umugore
AMAKURU

Rutsiro: Abagizi ba nabi bishe umugabo w’urugo bateye basiga banakomerekeje umugore

Mu Karere ka Rutsiro urugo rw’uwitwa Harerimana Vianney rwatewe n’abagizi ba nabi bataramenyekana baramwica basiga banakomerekeje umugore we.

Ibi byabaye mu gihe cya saa saba z’ijoro ryo ku wa 25 Gashyantare 2024, mu Kagari ka Ruhingo mu Murenge wa Gihango.

Kayitesi Dativa, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, yavuze ko iperereza kuri urwo rupfu ryatangiye gukorwa.

Yagize ati: “Umugizi wa nabi utaramenyekana niwe yateye urugo rwa Harerimana Vianney aramwica ndetse akomeretsa umugore we, nyuma yo kumenya aya makuru y’akababaro iperereza ryahise ritangira ngo uwabikoze afatwe.”

Umugore wakomerekejwe we yahise atabarwa ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Ruhingo, aho ari kwitabwaho nk’uko Meya Kayitesi yakomeje abivuga.

Umurambo wa nyakwigendera mbere y’uko ushyingurwa, wabanje kujyanwa ku Bitaro bya Murunda ngo ubanze ukorerwe isuzuma.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!