Saturday, September 28, 2024
spot_img

Latest Posts

Bucyibaruta wagize uruhare muri Jenoside ku Gikongoro yapfuye

Laurent Bucyibaruta wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari perefegitura ya Gikongoro, yapfuye.

Bucyibaruta yari yarakatiwe n’Urukiko rwa Rubanda i Paris mu Bufaransa igifungo cy’imyaka 20 ariko yaje gufungurwa by’agateganyo kubera ibibazo by’ubuzima bwe butari bumeze neza.

Amakuru avuga ko Bucyibaruta yapfuye ku wa 6 Ukuboza 2023. Ntabwo hatangajwe byinshi ku rupfu rwe ariko yari asanganywe uburwayi butandukanye bwanatumye afungurwa by’agateganyo.

Bucyibaruta yahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Perefegitura ya Gikongoro yayoboraga. Yashinjwe ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu.

Ibyaha yahamijwe bishingiye ku nama ziswe iz’umutekano zirimo izo yategetse ko zikorwa cyangwa izo yitabiriye, bivugwa ko zateguriwemo umugambi wo kwica Abatutsi bo mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro.

By’umwihariko, Bucyibaruta ashinjwa gushishikariza Abatutsi guhungira mu cyahoze ari ishuri ry’imyuga rya Murambi, abizeza ko nibahagera azabaha ubuhungiro, ibiribwa, amazi n’uburinzi nyamara bakaza kuhicirwa.

Yashinjwaga kandi kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe abanyeshuri b’abatutsi barenga 90 bigaga ku ishuri ryisumbuye rya Marie Merci Kibeho ku wa 7 Gicurasi mu 1994.

Bucyibaruta Laurent yavukiye i Musange mu 1944. Yabaye Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro kuva ku wa 4 Nyakanga 1992 kugera muri Nyakanga 1994. Ari ku isonga mu bateguye n’abayoboye ubwicanyi bwabereye aho muri Gikongoro.

Yabanje guhungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko mu 1997 ahungira mu Bufaransa ari naho aguye.

 

 

Latest Posts

spot_imgspot_img

ANDI MAKURU

error: Content is protected !!