Mu karere ka Kicukiro, umurenge wa Nyarugunga,akagari ka Kamashashi, kuri uyu wa Gatandatu taliki 11 Ugushyingo 2023, Club Soroptimist de Kigali ,San Marco bizihije Yubile y’imyaka 30 bamaze bahuriye hamwe mu bikorwa byo kwiteza imbere no kurerera u Rwanda muri rusange.
Club SoroptimistΒ yashinzweΒ nβumugabo witwa Stuart Morrow mu mwaka wa 1920, ugera mu Rwanda mu 1992, ukaba ukorera ku isi hose mu bihugu 121 nβu Rwanda rurimo, ufite intego yo guhindura ubuzima bwβabagore nβabakobwaΒ binyuze mu bikorwa bitandukanye.
Mu Rwanda batangiye kuhakorera mu mwaka wa 1992 aho abagore bumvagako bahurira hamwe mu bikorwa byo kwiteza imbere ,guteza imbere uburenganzira bwa muntu ndetse banashyize imbere amahoro.
Mukayisenga Marie Goreth, umunyamuryango wa Club Soroptimist avugako ari umuryango udahanira inyungu kandi wita cyane ku bagore n’abana.

Gorethe avugako Club Soroptimist bayisobanuriwe bwa mbere n’aba nya Luxembourg aho Betina yahuye n’umwe muribo uko ari 5 bahura ari mu rugendo rw’akazi aramusobanurira bari i Burayi.
Gorethe akomeza agira ati:”Uyu muryango ugizwe nβabagore gusa , kuko intego yawo ari uguharanira kuzamura abagore mu nshingano zitandukanye bafite, haba mu bukungu”.
Kayitesire Marie Laetitia umuyobozi mukuru wa Club Soroptimist de Kigali umwaka wa 2022-2023 avuga ko bishimira ibyo bagezeho bifatika biteza imbere abagore.

Yagize ati βUyu munsi rero twizihije isabukuru yβimyaka 30 dutangiye twishimiye ibyo twagezeho kandi ni umwanya wo gutekereza ibindi tugomba kugeraho. Icyo tugezeho gifatika dufite umushinga wβuburezi, dutanga amahugurwa nko kudoda, dufite umushinga uteza imbere umwuga wβ abagore wo kuboha tuzamura agaciro. Muri rusange Club Soroptimist iteza imbere umugore”.

Rwahama Jean Claude,Umuyobozi wa komite yβababyeyi barerera muri Ecole San Marco yagize ati: βNishimanye nβababyeyi mu kwizihiza imyaka 30 kandi njye nβabandi babyeyi barerera hano dutewe ishema nβiri shuri rya San Marco .Umushinga uhatse indi dufite ni uwβuburezi umaze imyaka 15 kuko habanje kubakwa amashuri yβinshuke muri 2008 ubu aba mbere barangije barimo gusoza za kaminuza. Bafite indi mishinga myinshi yo kwigisha urubyiruko imyuga. Uretse no kwigisha abanyeshuri baturiye hano, iri shuri ritanga imirimo, kuko rifite abakozi benshi barimo abarimu nβabakora indi mirimo icyo rero kikaba kigaragara nkβumusanzu mwiza mu kurwanya ubukene mu gihugu kuko iyo ufite umurimo ugira ubuzima bwiza.β
Yankurije Elisabeth, uhagarariye abagore bahawe amahugurwa ku bijyanye nβubumenyingiro ashimira Centre Soroptimist San Marco kubwo kubaha amahugurwa yabahaye akazi.
Yagize ati: βNshimira iki kigo dukoreramo cya Centre Soroptimist San Marco cyubatsweΒ Β na club Soroptimist, guhera mu kwezi kwa 9 umwaka wa 2009 kuko aricyo cyaduhaye abaduhugura mu bumenyi ngiro butandukanye harimo ububoshyi, ubudozi nβutundi tuntu twiza twβubukorikori tugiye dufite moderi zitandukanye, natwe tukabyigisha abandi bagore badafite icyo bakora.β

Betina Sabatini Umunya Luxembourg, Umuterankunga mukuru wa Club Soroptimist avugako ashimishijwe cyane no kuba ari mu Rwanda ndetse ko iyi Yubile yβimyaka 30 ya Club Soroptimist de Kigali atewe ishema n’abagore bakoze ibikorwa by’indashyikirwa birimo ishuri rifite abanyeshuri basaga 400 biga neza,bagatsinda neza ndetse rikaba rifitiye umumaro munini abarituriye. Yanavuzeko ashimishijwe n’izina yahawe [Mukashyaka].




