Abatuye mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, baravuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, abatukira mu ruhame, ndetse ko ajya acyocyorana na bo ku buryo hari uwo bari bafatanye mu mashati, bakabakiza.
Aba baturage bavuga ko iyo bari mu Nteko zβAbaturage, uyu muyobozi wabo akoresha imvugo zitaboneye zituma bamwe muri bo bamubonamo ishusho itari nziza.
Uwitwa Kayitana avuga ko yigeze kugirana amakimbirane nβuyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, bapfa amafaranga igihumbi (1 000 Frw) yamusabaga nkβumusanzu wβinyubako.
Uyu muturage avuga ko yari amaze guhabwa ibihumbi icyenda mu itsinda, ashaka guhita ayishyura mu bwisungane mu kwivuza, ariko Gitifu akamubwira ko agomba gukuramo 1 000 Frw.
AtiΒ βNdavuga nti βese ndajya gufasha abandi bantu nanjye ubwanjye ntarifasha ntaratanga mituweli?β ndavuga nti βreka mbanze ntange mituweli nyuma nzabone mfashe abandiβ.β
Uyu muturage avuga ko icyo gihe yatonganye nβuyu muyobozi. AtiΒ βTwari tugiye kurwana, haba abantu baradukiza.β
Abaturage bavuga ko ubwo ubu bushyamirane bwabaga, bwazamuwe nβuyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, wagaragaje umujinya wβumuranduranzuzi, agahaguruka ajya gufata mu mashati uwo muturage bashyamiranye.
Umwe atiΒ βByari bigayitse, twabibonye nkβibintu bigayitse, umuyobozi ntaba akwiye kurwana nβumuturage, ahubwo yamwigisha.β
Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa wβAkagari ka Nyabikokora, Rugambwa Faustin ahakana iyi myitwarire idahwitse avugwaho nβabaturage.
AtiΒ βIyo nza kurwana nβumuturage, amabwiriza arakurikizwa, mba naragiriwe inama, yari kwiyambaza inzego zβUbugenzacyaha, inzego zβumutekano izisumbuye kuri njye kugira ngo atabarwe.β
Umunyambanga Nshingwabikorwa wβUmurenge wa Kirehe, Nyamutera Emmanuel yabwiye RADIOTV10 niba imyitwarire nkβiyi ivugwa nβabaturage, yaragaragaye ku muyobozi, bidakwiye, kandi ko bagiye kubikurikirana.
AtiΒ βAkenshi dukangurira abaturage ko abayobozi bβinzego zβibanze, iyo baba bafite gahunda batishimiye bajye batubwira. Umuyobozi abwira nabi abaturage, ntabwo biba bikwiye.β