Home AMAKURU Kicukiro: Yatawe muri yombi akekwaho kwicira abantu munzu yakodeshaga akabajugunya mu cyobo.
AMAKURUUBUTABERAUBUZIMA

Kicukiro: Yatawe muri yombi akekwaho kwicira abantu munzu yakodeshaga akabajugunya mu cyobo.

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB rwavuze ko rwafunzwe umugabo ukekwaho kwica abantu batazwi umubare akabashyingura mu nzu yakodeshaga.

RIB ivuga ko uwo mugabo witwa KAZUNGU Denis akekwaho kwica abantu akabashyingura mu nzu yakodeshaga iherereye mu Karere ka Kicukiro, mu murenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza.

Uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya Kicukiro.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B Thierry avuga ko hagikorwa iperereza kugira ngo hamenyekane umubare w’abantu uriya mugabo yishe, n’imyirondoro yabo.

Ikindi ni uko uyi mugabo ngo azakorerwa dosiye ikagezwa mu Bushinjacyaha.

RIB ivuga ko ishimira abaturarwanda ku bufatanye bagaragaza mu gutanga amakuru kugira ngo abakekwaho ibyaha bashyikirizwa ubutabera, n’abafite umugambi wo kubikora kugira ngo uburizwemo.

Uyu mugabo ahamwe n’ibyaha akekwaho byo kwica, ngo yahabwa igihano cya Burundu.

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!