Home AMAKURU Kigali: Imodoka yari igiye mu birori ikoze impanuka igwamo batandatu.
AMAKURUUBUZIMA

Kigali: Imodoka yari igiye mu birori ikoze impanuka igwamo batandatu.

Mu karere ka Nyarugenge , mu murenge wa Kigali, mu kagali ka Ruliba , mu mudugudu wa Ryamakomari, kuri uyu wa Gatandatu taliki 02/09/2023 ahagana saa 09h50 habereye impanuka ikomeye yatwaye ubuzima bw’abantu batandatu.

Aha havuzwe habereye impanuka y’imodoka Minibus Toyota HIACE nouveau modele RAG 038F yavaga Nyamirambo yerekeza Ruliba itwawe na Nzabandora Noel ufite Imyaka 27 akaba yarenze umuhanda agonga bordure arakomeza agonga ibiti, Imodoka igwa munsi y’umuhanda.

Umwe baturanyi b’ahari kubera ibi birori yabwiye UMURUNGA.com ko ubu nabo bacitse ururondogoro, ati”[…], iwabo w’uriya muhungu ni abaturanyi bacu i Kamonyi, twari twabiteguye ariko ubu twacitse ururondogoro, uriya mwana w’imyaka itanu ni we bari baje kwerekana gusa iyi nkuru y’incamugongo yatunaniye kuyakira.”

Umuvugizi wa Police y’u Rwanda ishami ryo mu muhanda, SSP Irere Rene, yahamije aya makuru ati”Ni byo hapfuye abantu batandatu,hakomereka batanu mu buryo bukomeye, umwe ni we wavuyemo ari muzima”

Ku cyateye iyi mpanuka, umuvugizi wa Police ishami ryo mu muhanda yavuze ko habayeho kutaringaniza umuvuduko w’imodoka ku mushoferi, ati”Hashobora kuba habayeho kutaringaniza umuvuduko kuko hariya impanuka yabereye haracuramye cyane uko kutaringaniza umuvuduko bishobora kuba byaturutse ku mpamvu tutaramenya kuko hari ibibazo byinshi bishobora gutuma umushoferi ata umuhanda kariya kageni.”

Abaguye  muri iyi mpanuka bajyanywe ku bitaro bya Nyarugenge.
Abapfuye akaba ari aba bakurikira;
1.Ngirinshuti Innocent ufite Imyaka 43

2. Xxxxx Migeule ufite Imyaka 5
3. Undoyeneza venancia ufite Imyaka 42
4. Mpinganzima Sylvia ufite Imyaka 32
5. Izere Alvin ufite Imyaka 7
6. Musoni Olivier ufite Imyaka 11

Abakomeretse bikomeye bajyanywe ku bitaro bya CHUK ni aba bakurikira:
1. Xxxxx Loic (Umufaransa) ufite Imyaka 43

2. Dusingize Danise ufite Imyaka 40
3. Ishimwe Ian ufite Imyaka 10
4. Mukamuhashyi Valeria ufite Imyaka 71
5. Nzabandora Noel ufite Imyaka 28

Abakomeretse byoroheje ni :
1. Mushokambere Jean Paul ufite Imyaka 45 yajyankwe CHUK
Abatanze amakuru bavuze ko ,aba bose bari umuryango umwe wavaga Nyamirambo werekeza mu birori i Mugina mu karere ka Kamonyi.
    Ubutabazi bwahise buhagera
Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!