Home AMAKURU Bamporiki yagizwe umuvunyi ngo igitekerezo iyo akivuze gihabwa agaciro.
AMAKURU

Bamporiki yagizwe umuvunyi ngo igitekerezo iyo akivuze gihabwa agaciro.

Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, akaba n’umuyobozi w’itorero ry’igihugu, ni umugororwa utinyitse mu igororero rya Nyarugenge riherereye mu murenge wa Mageragere.

Uyu munyapolitiki afungiwe muri iri gororero kuva muri Mutarama 2023 ubwo urukiko rukuru rwamukatiraga igifungo cy’imyaka itanu, rumaze kumuhamya icyaha gifitanye isano na ruswa no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.

Mutimura Abed uzwi nka AB Godwin mu gutunganya amashusho y’indirimbo, wasanze Bamporiki Edouard muri iri gororero muri Gicurasi 2023, nyuma yo guhamywa icyaha cyo gukoresha akadege katagira abapilote atabifitiye uburenganzira.

Uyu musore uherutse gufungurwa, mu kiganiro yagiriye ku muyoboro wa MIE Empire, yatangaje ko yasanze mu igororero rya Nyarugenge harimo abagororwa n’abafungwa bubashywe kandi batinyitse, barimo Bamporiki wahawe inshingano yo kuba Umuvunyi muri iki kigo.

Mutimura yasobanuye ati: “Bamporiki ni umuntu wubashywe hariya. No muri komite yose yo muri gereza ni we mukuru. Ubundi Gitifu ni we uba ukuriye gereza ariko Bamporiki we ni Umuvunyi.

Ni umunyacyubahiro cyane. Ni wa muntu, hashobora kuba nk’inama y’ikigo, agatanga proposal igahita ikorwa.”

Uyu musore aravuga ko itandukaniro ry’imibereho y’abagororwa cyangwa abafungwa, abanyacyubahiro n’abaciye bugufi, riba ryigaragaza cyane mu igororero; haba mu mirire no mu myambarire.m

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!