Home AMAKURU Hateganyijwe imvura nyinshi muri Nzeri n’Ukuboza.
AMAKURUUBUZIMA

Hateganyijwe imvura nyinshi muri Nzeri n’Ukuboza.

Umuhindo wa 2023 uteganyijwe kugwamo imvura nyinshi nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere Aimable Gahigi ko imvura y’Umuhindo izatangira mu ntangiriro z’ukwezi gutaha izagwa mu bihe bitandukanye bitewe n’uduce, asaba inzego zibishinzwe kwita ku makuru y’iteganyagihe hagafatwa ingamba zihamye kuri buri rwego.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere cyatangaje ko imvura y’Umuhindo mu gihe cy’amezi 3 ari imbere, izatangira kugwa mu ntangiriro z’ukwezi kwa 9 kandi hakazaboneka imvura nyinshi ugereranyije n’ibindi bihe by’umuhindo.

Gahigi yavuze ko nk’uko bisanzwe imvura itagwira rimwe hose mu Rwanda, hagati y’itariki ya 3-10 Nzeri 2023 hateganyijwe ko imvura y’Umuhindo izatangirira mu Karere ka Rubavu, henshi muri Rutsiro, Nyabihu, Musanze no mu burengerazuba bw’Akarere ka Ngororero.

Hagati ya 18-24 Nzeri 2023, hateganyijwe ko Imvura y’Umuhindo izatangira kugwa mu Turere twa Huye, Nyanza, Nyaruguru, Gisagara, Ruhango, Kamonyi, Nyarugenge, Gasabo

Hagati y’itariki 11-17 Nzeri 2023 hateganyijwe ko I’mvura y’Umuhindo izatangira kugwa mu Turere twa Nyamasheke, Karongi, Rusizi, Gakenke na Burera, mu Burasirazuba bw’Uturere twa Musanze, Ngororero na Nyabihu, Amajyaruguru y’Uturere twa Gicumbi, Rulindo, Muhanga na Kamonyi  ndetse n’Uburengerazuba bw’Akarere ka Nyamagabe.

Hagati y’itariki ya 18-24 hateganyijwe ko imvura y’Umuhindo izatangira kugwa mu Turere twa Nyanza, Huye, Gisagara, Nyaruguru,Ruhango, Kamonyi, Gasabo, Nyarugenge, Nyagatare na Gatsibo.

Biteganyijwe kandi ko izagwa mu majyepfo y’Uturere twa Muhanga, Gicumbi na Rulindo ndetse no mu bice by’Amajyaruguru y’Akarere ka Kicukiro.

Hagati y’itariki 25 Nzeri kugera ku ya 1 Ukwakira 2023, biteganyijwe ko imvura y’Umuhindo izatangira kugwa mu Turere twa Bugesera, Rwamagana, Ngoma, Kayonza, henshi mu majyepfo y’Uturere twa Kicukiro, Gasabo na Gatsibo, mu Burasirazuba bw’Uturere twa Kamonyi, Ruhango, Nyanza na Gisagara ndetse no mu majyaruguru y’Akarere ka Kirehe.

Ubwo hatangazwaga ibijyanye n’imihindagurikire y’ikirere n’uko imvura izaba nyinshi mu kwezi kwa 9 n’ukwa 12.

Hagati y’itariki ya 2-8 Ukwakira 2023, hateganyijwe ko imvura y’Umuhindo izatangira kugwa mu majyepfo y’Iburasirazuba bwa Kirehe.

Iki kigo kigaragaza ko iyi mvura izacika mu mpera z’ukwezi kwa 12 mu gihugu hose, kigasaba inzego zitandukanye kwita kuri aya makuru y’iteganyagihe hagafatwa ingamba zihamye kuri buri rwego.

Inzego zishinzwe kurwanya no gukumira ibiza zisaba abaturage baturiye imihanda gusibura imiyoboro y’amazi ndetse n’abatuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga bakahimuka.

Abaturiye imihanda yuzuyemo ivumbi na bo basabwe kuba maso kuko imivu y’amazi ishobora kumanura iyo mikungugu ikayishora mu ngo zabo na byo bikaba byabasenyera cyangwa bigateza inkangu.

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!