Home AMAKURU Rusizi: Habaye impanuka ikomeye ihitana babiri barimo uwakoreraga Radiyo.
AMAKURUUBUZIMA

Rusizi: Habaye impanuka ikomeye ihitana babiri barimo uwakoreraga Radiyo.

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru Taliki ya 20/8/2023, mu karere ka Rusizi mu murenge wa Kamembe ,akagari ka Kamurera,umudugudu wa Kamuhirwa habereye impanuka ikomeye y’imodoka yarenze umuhanda ikagwamo abantu babiri abandi batatu bagakomereka bikabije.

Iyi modoka yakoze impanuka ni iyo mu bwoko bwa Mahindra Scorpio, ifite plaque RAC 576R yarenze umuhanda itwaye abantu batanu muri bo babiri bahise bitaba Imana, harimo utaramenyekana imyirondoro ye abandi batatu barakomereka bikabije nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Superitendenti Karekezi Twizere Bonaventure yabitangaje.

Ati “Nibyo koko Impanuka yabaye babiri bitaba Imana harimo umushoferi n’umukobwa bikekwa ko ari mu kigero cy’imyaka 20 utaramenyekana imyirondoro, abandi batatu bakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya Gihundwe kwitabwaho, mu gihe iperereza rigikomeje ku cyaba cyateje iyi mpanuka.”

Polisi yaboneyeho kwihanganisha imiryango yabuze ababo muri iyi mpanuka, Umuvugizi avuga ko ari amaboko Igihugu gihombye.

Umuvugizi yaboneyeho kwibutsa abakoresha umuhanda kuzirikana gahunda ya Gerayo Amahoro, abashoferi buri gihe birinda gutwara banyoye ibisindisha ndetse no kubahiriza amategeko y’umuhanda muri rusange.

Radiyo y’abaturage ishami rya Rusizi ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yihanganishije umuryango wa Niyitegeka Hertier wari utwaye iyi modoka waburiye ubuzima muri iyi mpanuka.
Bati “Hertier yari umwana muto, ufite imbere heza. Twari tumaranye iminsi 5 mu kazi ka Radio Rusizi atwara abakozi bayo. Muri iki gitondo impanuka imwambuye ubuzima! Imana imwakire mubayo.”
Impanuka ikomeye yaherukaga kubera muri aka karere mu ntangiriro z’Ukuboza 2022 yahitanye ubuzima bw’Umupolisi wari ufite ipeti rya AIP.
Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!