Friday, June 21, 2024
spot_img
HomeSIPOROPerezida wa Gasogi aburiye Rayon Sports atibagiwe na bamwe mu banyamakuru.

Perezida wa Gasogi aburiye Rayon Sports atibagiwe na bamwe mu banyamakuru.

Uyu munsi taliki 31 Nyakanga 2023, nibwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize hanze ingengabihe y’uko shampiyona y’abagabo 2023-2024 izagenda.

Umukino ubanza rero uzaba mu kwezi gutaha, aho Gasogi izakira ikipe ya Rayon Sports kuri Kigali Pele Stadium, uyu mukino uzakinwa ku wa 18 Kanama 2023, saa moya z’umugoroba.

Nyuma y’uko ingengabihe igiye hanze rero, Perezida wa Gasogi KNC yatumiwe mu kiganiro cy’imikino kuri Radio one One Sports Show’ yatangarijemo byinshi anihaniza abanyamakuru bifata bakabeshya abantu.

Yagize ati

KNC yakomeje avuga ko kuba abanyamakuru bavuga cyane ku makipe nka Rayon Sports na APR gusa bibeshya kuko hari n’andi makipe afite abakinnyi bakomeye nka Bugesera FC na Gasogi n’andi makipe yo mu Rwanda.

Perezida wa Gasogi yasoje abwira abanyarwanda bakunda umupira w’amaguru ko bizagaragarira mu kibuga kandi ko nyakipe n’imwe azabererekera yose nta bwoba amuteye.

 

Loading

Umurunga.com
Umurunga.comhttp://umurunga.com
Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.
RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!