Home AMAKURU Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwa Gatenga bunamiye Abatutsi ibihumbi 59 bashyinguye mu Rwibutso rwa Nyarubuye  
AMAKURU

Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwa Gatenga bunamiye Abatutsi ibihumbi 59 bashyinguye mu Rwibutso rwa Nyarubuye  

Kuri uyu wa 10 Gicurasi 2025, Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu murenge wa Gatenga, Akarere ka Kicukiro basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyarubuye mu karere ka Kirehe bunamira abasaga ibihumbi mirongo itanu n’icyenda (59,000) baharuhukiye.

Ni urugendo nyigamateka rwitabiriwe n’Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko mu karere ka Kicukiro, Bwana UWIZEYIMANA Eric ndetse n’Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere myiza mu murenge wa Gatenga.

Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’abakorerabushake mu murenge wa Gatenga, Bwana Niyonkuru Patrick, yavuze ko nk’Abakorerabushake biyemeje ko mu rwego rwo kwiga amateka yaranze igihugu cyacu bahize gusura inzibutso zose ziri ku rwego rw’Igihugu uko ari umunani (8) aho bamaze gusura inzibutso zirindwi mu gihe cy’imyaka irindwi. Ni ukuvuga ko bazura urwibutso rumwe buri mwaka mu gihe cy’iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Niyonkuru yavuze ko uru rugendo rwo gusura Urwibutso rwa Nyarubuye byongeye kuhbongerera ubumenyi n’amakuru kuri Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko muri Nyarubuye.

Ati: “Ku Rwibutso rwa Nyarubuye twahigiye byinshi birimo impamba y’amasomo adufasha guhangana n’apfobya n’abashaka kugoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutso.”

Yongeyeho ko urubyiruko rufite inyota yo kumenya amateka bakwiriye kwegera inzego z’urubyiruko zikabafasha mu bikorwa bitegurwa byo kwiga amateka kandi n’abatagira umuhate wo kumenya amateka bazabegera bakababwira ibyiza byo kumenya amateka yabo.

Ati:“Gusura Urwibutso rwa Kirehe bitwibukije ko turi Abanyarwanda bafite inshingano yo gushyira hamwe twirinda icyaducamo ibice duharanira gusiga igihugu ari cyiza kurusha uko twagisanze.”

Nsengimana Uwingabire Diane witabiriye uru rugendo nyigamateka yavuze ko gusura uru rwibutso rwa Nyarubuye byatumye asobanukirwa neza uburyo ingengabitekerezo mbi ya Jenoside yandujwe mu Banyarwanda kugera kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati:“mbonye ko nk’Urubyiruko ntakwiriye gusubira inyuma kandi nkwiriye no kwigisha abandi amateka kugira ngo Jenoside itazasubira ukundi.”

Uru Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyarubuye rushyinguyemo imibiriy’Abatutsi ibihumbi mirongo itanu n’icyenda (59,000) biciwe muri cyahoze ari Komine eshatu arizo: Komine Rusumo ariyo Nyarubuye y’ubu, Komine Rukira ariyo Rushikiri y’Ubu na Komine Birenga ahagana muri Kibungo muri Kirehe y’ubu.

Written by
Sam Kabera

Sam Kabera is a Rwandan journalist and media professional who has been active in the field since 2015. He has contributed to various media outlets, including Nonaha.com,Bwiza.com,ATV and Hanga.rw, and has also worked in television journalism. Kabera's contributions to Rwandan media and education reflect his commitment to promoting inclusive and impactful storytelling in both journalism and academia. Through his multifaceted roles in journalism, education, and community service, Sam Kabera has made significant contributions to Rwandan society, promoting inclusive development and positive change.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...