Home AMAKURU Umuhanzi Nzabahayo uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ yatawe muri yombi na RIB
AMAKURU

Umuhanzi Nzabahayo uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ yatawe muri yombi na RIB

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi, Umuhanzi Nzabahayo Silas wamamaye nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure.

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira RIB, yemeje aya makuru, avuga ko Nzabahayo Silas yatawe muri yombi ku wa 19 Gicurasi 2025.

Yagize ati: “Ni byo koko, Nzabahayo Silas uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ yatawe muri yombi ku wa 19 Gicurasi 2025 akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 17 akamutera inda.”

Kuri ubu Nzabahayo afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamata, mu gihe iperereza rigikomeje kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Nzabahayo Silas azwi mu ndirimbo nka ‘Ntiwabibatumye’ n’izindi nyinshi akunze gukoresha mu buryo bwo kubwiriza ijambo ry’Imana. (Igihe)

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...