Home AMAKURU Trump yababajwe n’ibitero by’Uburusiya byahitanye abantu i Kiev
AMAKURU

Trump yababajwe n’ibitero by’Uburusiya byahitanye abantu i Kiev

Mu gihe hagaragara ubushake bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo guhagarika intambara ya Ukraine n’Uburusiya, ibitero by’Uburusiya bishobora gukoma mu nkokora uyu mugambi.

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa kane Taliki 24 Mata 2025, igihugu cy’Uburusiya cyagabye ibitero ku murwa mukuru wa Ukraine, Kiev, maze bihitana abantu 12, naho 90 barakomereka.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko ababajwe n’ibi bitero ndetse asaba ko Perezida Putin yabihagarika.

Ku rubuga rwa X, Trump yagize ati:”Singombwa cyane, ibi bibaye mu gihe kibi cyane Putin hagarika” 

Ubusanzwe Trump ntakunze kugaragara anenga Perezida w’Uburusiya.

N’ubwo yavuze ibi ntabwo yatangaje niba hari ingamba zifatirwa Uburusiya.

Iki gikorwa cy’Uburusiya gikomeje byazambya intambwe yarimo iterwa no kugabanya ubushake bwa Trump bwo guhosha amakimbirane hagati y’Uburusiya na Ukraine.

Perezida Trump akomeza gutangaza ko akomeje kotsa igitutu ibihugu byombi bihanganye kugira ngo haboneke amahoro. Aho agaragara ahatiriza Perezida wa Ukraine kwemera Uburusiya bukamutwara igice cy’igihugu cye nka kimwe mu bikubiye mu masezerano y’Amahoro.

Ibi bibaye mu gihe kuri uyu wa Gatanu Taliki 25 Mata 2025, intumwa ya Trump itegerejwe i Moscow, guhura na Putin ngo baganire ku kibazo cy’Uburusiya na Ukraine.

Iki gitero ni cyo gihitanye abantu benshi muri iyi ntambara kuva mu kwezi kwa 7 umwaka ushize

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

Nyamasheke: Uwarokotse Jenoside yishwe atemwe ijosi

Umuntu utaramenyekana yishe Nyirangirinshuti Thérèsie w’imyaka 63 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi...

Mu mugezi wa Rusizi hatoraguwe imirambo y’abambaye impuzankano ya FARDC

Ku nkengero z’umugezi wa Rusizi, ku musozi wa Rusiga, mu Murenge wa...

Kicukiro: Nyuma yo kuva Iwawa umugore we akamubura yasanzwe mu ishyamba yarishwe

Mu Karere ka Kicukiro haravugwa inkuru y’umugabo witwa Niyonsaba Janvier w’imyaka 37...

Huye: Umucuruzi yishe umukiliya we amuziza inzoga igura 300 RWF

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umucuruzi w’inzoga witwa Mazimpaka François w’imyaka...