Home AMAKURU Nyagatare: Umugabo yishe umugore we n’abana be babiri, nawe ariyahura
AMAKURU

Nyagatare: Umugabo yishe umugore we n’abana be babiri, nawe ariyahura

Mu Karere ka Nyagatare haravugwa inkuru y’umugabo w’imyaka 65 y’amavuko wishe umugore we n’abana be babiri, arangije ariyahura.

Ibi byabaye mu gitongo cyo kuri uyu wa Mbere Taliki 9 Kamena 2025, mu Murenge wa Kiyombe, Akagari ka Karambo ho mu Mudugudu wa Kakagaju.

Abishwe harimo mugore wari ufite imyaka 51 y’amavuko witwaga Musabyimana Vivinne, umwana w’imyaka 19 y’amavuko witwaga Maniriho Gilbert na Tuyishimire Jeanne D’Arc wari ufite imyaka 12 y’amavuko.

Gitifu w’Umurenge wa Kiyombe, Akwasibwe Eric, yahamije iby’aya makuru.

Yagize ati: “Umugabo ari we nyir’urugo yishe umugore we n’abana babo babiri, umwana umwe ntabwo yari akiga undi yigaga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza. Amakuru twamenye ni uko umugore yanze ko baryamana, amaze kubica yahise yimanika mu mugozi.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko bari basanzwe bafitanye amakimbirane ngo kugera aho umugore yanga ko baryamana hari byinshi batumvikanagaho.

Akomeza agira ati: “Abaturage twabasabye kujya batangira amakuru ku gihe ndetse imiryango babona ibanye nabi bakabitubwira kugira ngo tuyiganirize hakiri kare, ntabwo ibintu bikwiriye kugera aho abantu bicana kubera ko hari ibyo batumvikanye, ubuyobozi turahari ngo tubafashe, umuntu ashobora kubwira Mudugudu, hari n’izindi nzego babwira kandi rwose twiteguye kubafasha.”

Bikimara kumenyekana inzego z’umutekano zirimo RIB, Polisi n’ubuyobozi bw’Akarere bose bagiye ahabereye ibi byaha kugira ngo hakorwe iperereza. (IGIHE)

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...