Urukiko rw’ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze rwaburanishije ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 ukurikiranweho icyaha cyo kwica undi ku bushake.
Ubushinjacyaha burarega umusore witwa Muhawenima Jean Pierre wakoraga akazi ku bushumba mu Mudugudu wa Yorodani mu kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake.
Ubushinjacyaha buvuga ko Muhawenimana yakubise nyakwigendera witwa Gakwavu Desire ikintu mu mutwe amutura mu mugezi wa Yorodani arapfa.
Umurambo wa nyakwigendera Gakwavu wabonetse muri uwo mugezi yapfuye maze haboneka telefone ya nyakwigendera Gakwavu uyifatanwe avuga ko yayiguze na Muhawenimana uregwa.
Impamvu zikomeye zituma Muhawenimana akekwa nkuko ubushinjacyaha bubivuga ni uko iyo telefone ya nyakwigendera yafatanwe uriya muntu wayiguze akavuga ko yayiguze na Muhawenimana uregwa.
Iperereza ry’ibanze ryakozwe, ryagaragaje ko Muhawenimana uregwa yari umuturanyi wa nyakwigendera.
Indi mpamvu ituma Muhawenimana akekwa kwica nyakwigendera Gakwavu ni uko hari umutangabuhamya uvuga ko yabonye Muhawenimana agurisha telefone ya nyakwigendera Gakwavu.
Raporo ya muganga ivuga ko nyakwigendera yishwe akubiswe ikintu mu mutwe.
Kubera izo mpamvu binagendanye n’uburemere bw’icyaha, ubushinjacyaha busaba ko yakurikiranwa afunzwe iminsi 30 y’agateganyo kuko hari impungenge ko afunguwe yatoroka ubutabera kandi iperereza rigikorwa
Muhawenimana aburana ahakana icyaha aregwa, akavuga ko uwo bavuga yagurishijeho telefone atamuzi ndetse atazi naho aturuka kuko we nta telefone ya Gakwavu yagurishije.
Muhawenimana ati”Ndasaba ko narenganurwa nkafungurwa.”
Umucamanza azatangaza icyemezo muri uku kwezi kwa Kamena 2025.
Uyu Muhawenimana yatawe muri yombi mu kwezi Kwa gatanu 2025 afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Muhoza akaba yaburanaga ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze.
Leave a comment