Home AMAKURU Musanze: Umusore yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka itanu
AMAKURU

Musanze: Umusore yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka itanu

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza yataye muri yombi umusore witwa Ndayambaje Idrisa w’imyaka 23 y’amavuko, akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka itanu y’amavuko.

Bivugwa ko uyu musore yadukiriye uyu mwana ubwo nyirakuru yari amutumye ku isanteri ngo ajye kumugurirayo ibintu byoroheje ashobora gutwara.

Ibi byabereye mu Murenge wa Muhoza, Akagari ka Cyabakamyi ho mu Mudugudu wa Gasanze, uwo nyirakuru witwa Mukankuranga Janviere w’imyaka 70 y’amavuko, ari na we wari wamutumye mu isanteri, akaba yaramutegereje agaheba, agiye kumushaka asanga uwo musore amuri hejuru.

Mukankuranga aganira na Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru yagize ati: “Nari namutumye ku isantere kugurayo ibintu, ndategereza ndaheba dukomeje gushakisha tumusanga mu murima duhingamo itabi dusanga rero umusore Ndayambaje amuryamye hejuru atubonye ariruka gusa yaje gufatwa, ndifuza ubutabera.”

SP Mwiseneza Jean Bosco, uvugiravPolisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, wahamije ko uwo mwana yahishe yihutishirizwa kwa muganga.

Ati: “Iyo nkuru twayimenye ko Ndayambaje Idris w’imyaka 23 y’amavuko, yasambanyije umwana w’umukobwa ufite imyaka 5. Kuri ubu akaba afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza, umwana yajyanwe ku Bitaro bya Ruhengeri, ubu ipererza rirakomeje.”

SP Mwiseneza akomeza avuga ko Polosi y’u Rwanda yashyize ingufu nyinshi mu guhashya abahohotera abana bangiza ahazaza habo, ndetse n’abishora mu ngeso zifitanye isano n’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...