Home AMAKURU Musanze: Batatu barimo na mucoma batawe muri yombi bakekwaho gukubita umusaza agapfa
AMAKURU

Musanze: Batatu barimo na mucoma batawe muri yombi bakekwaho gukubita umusaza agapfa

Abantu batatu bo mu karere ka Musanzebakoraga mu kabari batawe muri yombi nyuma yo gukekwa ko bakibise umusaza w’imyaka 67 y’amavuko bikarangira apfuye.

Uyu musaza wari umunyabugeni, yakubitiwe mu Murenge wa Cyuve, Akagari ka Kabeza ho mu Mudugudu wa Kungo, mu ijoro ryo ku itariki ya 04 Kamena 2025 ahagana Saa 20:30’.

Umwe mu bagore b’uyu musaza, yavuze ko yamusanze aryamye kuri aka kabari afite ibisebe bitatu, yakomeretse mu gahanga, ku mutwe ahagana inyuma no mu rukenyerero.

Akomeza avuga ko yagerageje kubaza umuzamu wo kuri ako kabari amubwira ko ari inzoga zamugize ko, nyuma avuga ko yari atashye ahura n’abandi bagabo batatu basubira mu kabari buri wese akoresha ibihumbi 2 Frw.

Ngo yageze ku muryango bamusaba kwishyura ibihumbi 8 Frw, kandi we ayo yari yakoresheje yari yayishyuye ariko kubera ko yabanje kwanga kwishyurira abo bari bari kumwe, bakiranyeho gake aragenda ariko agaruka yakubiswe.

Mu marira menshi n’agahinda kavanze n’ikiniga uyu mugore wa nyakwigendera yasabye ko ababikoze bashyikirizwa Ubutabera bakabiryozwa.

Gitifu w’Umurenge wa Cyuve, Ndayambaje Kalima Augustin, yemeje ko batatu batawe muri yombi, ndetse iperereza rikomeje ku cyaba cyarateye uru rupfu.

Ati :“Amakuru twayamenye ejo nimugoroba tuyahawe na muramu we, yaraduhamagaye atubwira ko yakubiswe akajyanwa mu bitaro ariko agapfa arimo kujyanwayo, batatu barimo n’ukuriye akabari, umusekirite na mucoma n’ubwo tutazi neza niba aribo bamukubise barafunzwe mu gihe iperereza rigikomeje, kuko bari mu kabari ariko ntibatange amakuru bagashaka kuyahishira.”

Akomeza avuga ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Ruhengeri.

Yanaboneyeho kwihanganisha umuryango wabuze umuntu, abasaba ko mu gihe bakorewe urugomo badakwiriye kubanza kwiyunga, ndetse yanasabye abafite ubushabitsi kurushaho kurinda umutekano w’abakiliya.

Abatawe muri yombi kuri ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza.

Written by
Sam Kabera

Sam Kabera is a Rwandan journalist and media professional who has been active in the field since 2015. He has contributed to various media outlets, including Nonaha.com,Bwiza.com,ATV and Hanga.rw, and has also worked in television journalism. Kabera's contributions to Rwandan media and education reflect his commitment to promoting inclusive and impactful storytelling in both journalism and academia. Through his multifaceted roles in journalism, education, and community service, Sam Kabera has made significant contributions to Rwandan society, promoting inclusive development and positive change.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...