Home AMAKURU Muhanga: Polisi yataye muri yombi umugore n’umusore bahererekanyaga umufuka w’urumogi
AMAKURU

Muhanga: Polisi yataye muri yombi umugore n’umusore bahererekanyaga umufuka w’urumogi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga, yataye muri yombi umugore n’umusore bahererekanyaga umufuka w’urumogi.

Aba bafatiwe mu Murenge wa Shyogwe, Akagari ka Ruli ho mu Mudugudu wa Kabeza, ku wa 28 Gicurasi 2025.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yahamije iby’aya makuru.

Yagize ati: “Umufuka w’urumogi bafatanywe ufite ibiro 25 kandi uyu mugore twari tumufiteho amakuru.”

SP Emmanuel Habiyaremye, ko uyu mugore bafatanye urumogi yigeze gufungirwa iki cyaha na none, arangiza igihano arafungurwa.

Avuga ko umusore wari urumushyiriye asanzwe akora akazi ko gutwara abagenzi ku igare.

Akomeza avuga ko Polisi yihanangiriza umuntu wese utekereza gukora icyaha nk’iki cyangwa ibindi byaha kubivamo kuko bibwira ko bibahira. (Umuseke)

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...