Home AMAKURU Kivu y’Epfo: FARDC n’abambari bayo bongeye kugaba ibitero ku Banyamulenge
AMAKURU

Kivu y’Epfo: FARDC n’abambari bayo bongeye kugaba ibitero ku Banyamulenge

Ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagabye igitero ku Banyamulenge batuye mu gace ka Rugezi muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Bamwe mu baturage batuye muri ako gace bavuga ko, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 09 Kamena 2025, Ingabo za FARDC n’abambari bazo barimo FDLR, Wazalendo n’abasirikare b’Abarundi bagabye igitero ku Banyamulenge batuye mu gace ka Rugezi.

Umwe muri abo abaturage aganira n’itangazamukuru yagize ati: “Umwanzi araduteye mu Rugezi.”

Akomeza agira ati: “Yateye ahitwa i Muchikachika. Ubu atangiye gukomeza imbere yerekeza ahari abaturage n’ahari Twirwaneho.”

Kuva mu gihe cya Saa Kumi n’Ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere kugeza magingo aya mu gace ka Rugezi no muri Centre ya Minembwe hari kumvikana urusaku rw’imbunda nini n’into. Nk’uko umwe mu baturage uri hafi aho abyemeza.

Hari hashize hafi ibyumweru bitatu Abanyamulenge bafite agahenge, kuko iri huriro rirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, ryaherukaga kugaba ibitero ku Banyamulenge batuye mu Mikenke na Bijabo mu kwezi gushize ibyo ryahagabye riturutse i Ndondo ya Bijombo no ku muhanda wa Uvira-Baraka no mu Bibogobogo.

Icyo gihe Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23, ryamaganye ibyo bitero ndetse ivuga ko nibikomeza bazakora ibishoboka byose bakabicecekesha, nk’uko babikoze mu bindi bice.

Umuturage wahaye Minembwe Capital News amakuru akomeza avuga kugeza ubu iryo huriro rya Leta riri kurasa muri ibyo bice basatira abaturage, ariko ko Twirwaneho itaratangira kurasana naryo.

Ati: FARDC n’abambari bayo, bari kuturasa ariko Twirwaneho iracyacecetse, ntabwo irabasubiza.”

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...