Home AMAKURU Kirehe: Abakozi ba APENA TSS bakekwaho kwaka ruswa abanyeshuri batawe muri yombi na RIB
AMAKURU

Kirehe: Abakozi ba APENA TSS bakekwaho kwaka ruswa abanyeshuri batawe muri yombi na RIB

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abakozi babiri bo mu kigo APENA Technical Secondary School (TSS), bakurikiranyweho icyaha cyo kwakira indonke z’abanyeshuri ngo babakurireho ibihano babaga babafatiye.

Abakekwaho iki cyaha batawe muri yombi ku wa 23-25 Gicurasi 2025, barimo umukozi ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri b’abahungu (animateur) witwa Habimana Jean Claude n’umuyobozi ushinzwe imyitwarire witwa Ndayambaje Alphonse.

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira RIB yemeje ako abatawe muri yombi, bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwakira indonke.

Yagize ati: “Mu bihe bitandukanye guhera muri Nzeri 2024 kugeza muri Gicurasi 2025 bagiye baka bakanakira indonke y’amafaranga iturutse mu banyeshuri kugira ngo babakurireho ibihano babaga barabahaye.”

Bivugwa ko bahawe n’abanyeshuri arenga ibihumbi 600 Frw, ibyaha bivugwa ko byabereye aho iri shuri riherereye mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Nasho mu Kagari ka Rubirizi ho mu Mudugudu wa Mulindi.

Gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke ni icyaha giteganywa n’ingingo ya kane y’itegeko N° 54/2018 ryo ku wa 13 Kanama 2018 ryerekeye kurwanya ruswa.

Uhamijwe n’Urukiko iki cyaha, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze irindwi n’ihazabu yikubye inshuro ziri hagatu y’eshatu n’eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

Mu butumwa Dr. Murangira yageneye Abanyarwanda, yavuze ko RIB yibutsa abantu bose ko itazihanganira uwo ariwe wese ukora icyaha nkiki cyo gusaba no kwakira indonke yitwaje akazi akora inibutsa abantu ko ari icyaha gihanwa n’amategeko. (Igihe)

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...