Home AMAKURU Kamonyi: Umugabo yasanzwe mu kiraro cy’inka amanitse mu ikoti rye
AMAKURU

Kamonyi: Umugabo yasanzwe mu kiraro cy’inka amanitse mu ikoti rye

Mu Karere ka Kamonyi haravugwa inkuru y’urupfu rw’umugabo witwa Nshimiyimana Martin w’imyaka 40 y’amavuko, wasanzwe mu Kiraro cy’Inka amanitse mu ikoti rye yari yambaye.

Ibi byabereye mu Murenge wa Rukoma mu Kagari Murehe ho mu Mudugudu wa Uwindagara.

Gitifu w’Umurenge wa Rukoma, Mandera Innocent, yemeje iby’uru rupfu avuga ko bahawe raporo ko uyu mugabo witwaga Nshimiyimana Martin akomoka mu Murenge wa Ngamba, yapfuye bigakekwa ko yiyahuye.

Gitifu Mandera avuga ko Nshimiyimana Martin yabaga iwe mu rugo mu Murenge wa Ngamba akaza gusura inshoreke ye utuye mu Murenge wa Rukoma.

Yagize ati: “Buri gihe yazaga kureba iyo nshoreke ye, ubu nibwo twakiriye amakuru ko yaba yiyahuriye muri icyo kiraro cy’Inka.”

Gitifu Mandera akomeza avuga ko babajije umugabo witwa Niyonteze Perine w’imyaka 47 y’amavuko uhafite ikiraro ababwira ko yari asanzwe ahaza bugacya asubira iwe mu rugo.

Gitifu avuga ko mu buhamya uwo mugabo yatanze yababwiye ko baherukana ejo ku Cyumweru Taliki 25 Gicurasi 2025 Saa Kumi n’imwe z’umugoroba.

Gusa uyu muturage akaba adasobanura uko yageze muri icyo kiraro.

Avuga ko bategereje rya RIB kugira ngo hakorwe iperereza ku cyaha cyateje urupfu rwa Nshimiyimana Martin.

Ubwo UMUSEKE dukesha iyi nkuru bakoraga iyi nkuru umurambo wa Nyakwigendera uracyamanitse muri iki kiraro mu gihe bategereje ko RIB na Polisi bahagera.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...