Home AMAKURU Kamonyi: Indaya yapfiriye mu rugo rw’umusaza w’imyaka 62 wari wayitahanye
AMAKURU

Kamonyi: Indaya yapfiriye mu rugo rw’umusaza w’imyaka 62 wari wayitahanye

Mu Karere ka Kamonyi haravugwa inkuru y’umusaza witwa Semivumbi Abdoul w’imyaka 62 y’amavuko, watawe muri yombi akekwaho kwica umugore wakoraga uburaya, kuko yapfiriye iwe ubwo yari ahamucyuye.

Uyu musaza wari acumbitse mu Mudugudu wa Bikimba, Akagari ka Kigese ho mu Murenge wa Rugarika ngo yagiye gutabaza ubuyobozi bw’umudugudu yari acumbitsemo, abubwira ko yaari agiye gucumbikira umugore, bagera aho aba agahita apfa.

Uwo musaza avuga ko “ku wa 28 Gicurasi 2025 ahagana saa Moya z’ijoro, avuga ko yahuriye n’umuntu w’umugore mu kabari, akamuzana iwe ngo bararane, maze yamugeza mu nzu agahita yikubita ahita hasi ashiramo umwuka.”

Ubuyobozi bw’umudugudu bwihutiye kugera iwe, busanga koko uwo mugore yapfuye, umutwe we uri ku buriri, na ho ikindi gice kiri hasi.

Bamwe mu baturage batuye muri ako gace, babwiye itangazamakuru ko uwo musaza yavuze ko uyu nyakwigendera akigera mu rugo, yafashwe n’uburwayi bumeze nk’igicuri.

Bakomeza bavuga ko nyakwigendera yapfuye bataragera ku ngingo yo kuryamana, ariko ababibonye basanze yari asigaranye imyenda y’imbere gusa.

Gitifu w’Umurenge wa Rugarika, Nkurunziza Jean de Dieu, yatangaje ko inzego z’umutekano zatangiye iperereza ngo hamenyekane icyishe uyu mugore.

Yagize ati: “Icyahise gikorwa ni uguhita bajyana umuntu gusuzumwa, turategereje ngo tumenye icyo iperereza rizatwereka.”

Mu gihe iperereza rigikomeje, uriya musaza yatawe muri yombi.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...