Home AMAKURU Huye: Umugabo yanze kumvira umugore we, arohama mu cyuzi arapfa
AMAKURU

Huye: Umugabo yanze kumvira umugore we, arohama mu cyuzi arapfa

Mu Karere ka Huye haravugwa inkuru y’umugabo witwa Uwimana Aphrodis w’imyaka 23 y’amavuko, warohamye mu cyuzi cya Gatindingoma arapfa, nyuma yo kurenga ku mpanuro z’umugore wamusabaga kujya kogera mu rugo ntamwumvire.

Ibi byabaye ku wa Kabiri taliki 13 Gicurasi 2025, mu Murenge wa Rwaniro mu Kagari ka Nyamabuye. Amakuru avuga ko uyu mugabo yagiye koga nk’uko bisanzwe, ku bw’amahirweke make aza kunanirwa ahita arohama, arapfa.

Bivugwa ko ubwo uyu mugabo yavanaga guhinga n’umugore we, yageze kuri icyo cyuzi cyagomewe hagamijwe kujya cyuhira umuceri avuga ko ashaka kucyogeramo, umugore we amusaba ko yajya kogera mu rugo, umugabo yinangira umutima ajya kogera muri icyo cyuzi, agezemo arapfa.

Gitifu w’Umurenge wa Rwaniro, Jean Paul Rugira Amandin, yatangaje ko uyu mugabo yaguyemo, agahita apfa, ndetse n’umurambo we nturaboneka.

Yagize ati: “Ubwo yarohamaga, umugore we yahise ahuruza abaturanyi ariko biba iby’ubusa, ndetse n’ibikorwa byo kumushakisha biracyakomeje. Inzego z’umutekano zahageze ziri gushakisha ngo turebe ko yaboneka, noneho nyuma tukaza gufata ibindi byemezo.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko ibyabaye ari impanuka kuko uyu mugabo yari asanzwe azi koga, ariko yibutsa n’abaturage ko bagomba kugendera kure amazi yose kuko igihe cyose yateza ibyago birimo n’urupfu.

Ubusanzwe icyuzi cya Gatindingoma, kirindwa n’abantu babuza  abana kujyamo. Nyakwigendera asize umugore n’umwana umwe. (IGIHE)

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...