Home AMAKURU Gicumbi: Umunyeshuri yakubitiwe ku ishuri arapfa azira kujya kurya ku ishuri yasibye amasomo
AMAKURU

Gicumbi: Umunyeshuri yakubitiwe ku ishuri arapfa azira kujya kurya ku ishuri yasibye amasomo

Mu Karere ka Gicumbi,umurenge wa Miyove,akagari ka Gakenke mu mudugudu wa Museke haravugwa inkuru y’umunyeshuri wigaga kuri GS Rumuri, bivugwa ko yishwe na bagenzi be bamuziza ko ngo yari aje gufata amafunguro ku ishuri kandi yasibye amasomo.

Ibi byabaye kuri uyu wa 26 Gicurasi 2025 aho abatanga amakuru bavuga ko gukubita umunyeshuri bikanamuviramo urupfu byaturutse ku mabwiriza bahawe na mwarimu wabo witwa Nibagwire Celine.

Aya makuru yashimangiwe na Muhikuzo Samson akaba ari umuyobozi ushinzwe amasomo(DOS)  muri iki kigo akaba yavuze ko nyakwigendera yakubitiwe mu ishuri n’abanyeshuri  kuko yari aje kurya kandi atize, abo banyeshyuri bakaba bavuze ko bahawe amabwiriza yo kumukubita n’umwarimu wabo.

Abanyeshuri 6 bakekwaho kumukubita kandi bavuga ko bamaze kumukubita yabacitse akiruka akagwa mu muferege ufata amazi ava kumashuri ufite ubureburebure burenga metero y’ubujyakuzimu.

Abanyeshuri 6 na mwarimu bakekwa ho uruhare mu rupfu rw’umunyeshuri i Gicumbi bambitswe amapingu

Abanyeshuri bakekwa ndetse n’umurezi wabo watanze amabwiriza yo kumukubita,bajyanwe gufungirwa kuri  Police station ya Byumba mu gihe umurambo wa Nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Byumba ukanajyanwa Kacyiru kuri RFI (Rwanda Forensic Institute) gukorerwa isuzumwa.

 

Written by
Sam Kabera

Sam Kabera is a Rwandan journalist and media professional who has been active in the field since 2015. He has contributed to various media outlets, including Nonaha.com,Bwiza.com,ATV and Hanga.rw, and has also worked in television journalism. Kabera's contributions to Rwandan media and education reflect his commitment to promoting inclusive and impactful storytelling in both journalism and academia. Through his multifaceted roles in journalism, education, and community service, Sam Kabera has made significant contributions to Rwandan society, promoting inclusive development and positive change.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...