Home AMAKURU Gatsibo:Umukecuru aricwa n’inzara nihatagira igikorwa mu maguru mashya
AMAKURU

Gatsibo:Umukecuru aricwa n’inzara nihatagira igikorwa mu maguru mashya

Mu Karere ka Gatsibo,Umurenge wa Kiziguro mu Kagari ka Ndatemwa, haravugwa inkuru y’umukecuru w’imyaka 71 urwaye indwara yamurembeje guhera muri Nyakanga, 2024,ariko nanone hakaba harimo n’inzara yamurembeje.

Muri Kanama, 2024 umuhungu we witwa Célestin Kabayiza yaratabajwe ngo amujyane kwa muganga kuko yari yafashwe n’indwara itarahise imenyekana.

Yamugejeje yo akoresheje moto ariko ntiyahise akira ahubwo yararembye.

Mukandoli yabwiye aganira n’umunyamakuru yagize ati: “ Nageze yo barancumbikira, ariko ntacyahindutse ku buzima bwanjye. Nabajije abaganga ubwoko bw’iyo ndwara bambwira ko nta kintu baramenya”.

Nyuma yarasezerewe arataha. Mu minsi ishize ubwo twamusuraga, twamusanze iwe ari hanze yota akazuba k’agasusuruko. Uwo mubyeyi yari aryamye ku musambi yiyoroshye akaringiti gato.

Mu kutuvugisha, yaduhaye ikiganza ngo tumwegure yicare atuvugishe.  Ati: “ Muri bande, murashaka iki?”. Ijwi rye ntiryasohokaga neza kubera izabukuru ziyongereyeho uburwayi agiye kumarana umwaka.

Abajijwe niba yarigeze ajya kwa muganga kwivuza, yasubije ko yagiye yo ariko abaganga ntibabona icyo arwaye. Ati: “Erega barandoze”.

Ibyo yabivugaga ari nako atunga urutoki mu rugo rw’uwo avuga ko wamuroze, akavuga ko mbere y’uko aremba, uwo muntu yari yaje iwe mu mugoroba, amuhamagara gatatu yikurikiranya.

Avuga ko uwabahamagaye yasanze basinziriye bamwumvira mu bitotsi, we n’umugabo we, ijwi bararimenya.

Mukandoli Ange avuga ko bucyeye bw’aho yahise arwara indwara yamuciye intege, iramunarura.

Umunyamakuru kandi yamubajije niba hari umuyobozi waba waramusuye akagira icyo amufasha, aradutsembera, ahubwo atubaza niba natwe turi abayobozi tukaba tuje kumufasha.

 Imbaraga zahise zimubana nke,yirambika ku gasambi. Hejuru y’uburwayi n’izabukuru, Mukandoli avuga ko arembejwe n’inzara.
Ati: “ Wenda iyo mbona icyo ndya simba naranegekaye ntya! Uwampa agaceri, ibishyimbo n’utuvuta nagerageza kutumira nkaba nazanzamuka”.

Avuga ko umuhungu we agerageza kumufasha ngo abone icyo arya, gusa amikoro akababana make.

Uyu mwana we yavuze ko yita kuri Nyina uko ashoboye ariko ubushobozi bukamubana bucye mu gihe adashobora no kugira aho ajya gushakira imirimo yatuma iminsi yicuma.

Mu minsi ishize, mushiki we yarabasuye abasigira Frw 2,000 bikaba ari byo byari bibatunze mbere gato y’uko tubasura.

Umugabo wa Mukandoli yarabataye, ajya kubana n’umugore we muto utuye mu Murenge wa Gitoki muri Gatsibo.

Hari umwe mu bayobozi bo mu gace uyu mukecuru atuyemo utarashatse ko tumuvuga amazina uvuga ko azi ikibazo cya Mukandoli ariko ko ntacyo bari bamufasha.

Ivomo: Taarifa

Written by
Sam Kabera

Sam Kabera is a Rwandan journalist and media professional who has been active in the field since 2015. He has contributed to various media outlets, including Nonaha.com,Bwiza.com,ATV and Hanga.rw, and has also worked in television journalism. Kabera's contributions to Rwandan media and education reflect his commitment to promoting inclusive and impactful storytelling in both journalism and academia. Through his multifaceted roles in journalism, education, and community service, Sam Kabera has made significant contributions to Rwandan society, promoting inclusive development and positive change.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...