Home AMAKURU Gasabo: Polisi yafashe 4 bakekwaho kwiba bakanakomeretsa
AMAKURU

Gasabo: Polisi yafashe 4 bakekwaho kwiba bakanakomeretsa

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 22/05/2025, Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo, mu murenge wa Jali, Akagali ka Agateko, mu mudugudu wa Kinunga, ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, ndetse n’abaturage bafashe abajura 4 batega abaturage kumanywa na nijoro bitwaje ibyuma, bakabambura ibyabo ndetse bakanabakomeretsa.

Hafashwe Niyomugabo Theogene w’imyaka 20 y’amavuko,Mutijima Olivier ufite imyaka 25,Manariyo Vedaste alias Byagara w’imyaka 31 (uyu bivugwa ko ari mu bateze bakanatera icyuma umukozi wo muri Akagera Motor witwa Shala Djanga Albert ku itariki ya 3/5/2025,hanafashwe kandi undi witwa Utazirubanda Vedaste bakunda kwita Black.

Aba bafashwe bivugwa ko hari hashize iminsi hatangwa ibirego by’abaturage bavuga ko bategwa n’abajura bakabambura ibyabo ndetse bakanabakomeretsa.

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu bose bafite ingeso yo kumva ko bazatungwa no gutwara ibyabandi, ikanabibutsa ko nta mwanya bafite muri iki gihugu, kandi ko ibikorwa byo kubafata bikomeje.
Iyo umujura agiye kwiba yitwaje ibyama ntabwo aba akiri umujura gusa ahubwo aba yahindutse umugizi wa nabi.

Polisi kandi iributsa abaturage gukomeza gukorana n’inzego z’umutekano cyane cyane gutanga amakuru ku bantu bose bazi ko ari abajura.

Abafashwe ubu bafungiye kuri Station ya Gatsata kugirango bakorerwe amadosiye bajyanwe mu bugenzacyaha.

Written by
Sam Kabera

Sam Kabera is a Rwandan journalist and media professional who has been active in the field since 2015. He has contributed to various media outlets, including Nonaha.com,Bwiza.com,ATV and Hanga.rw, and has also worked in television journalism. Kabera's contributions to Rwandan media and education reflect his commitment to promoting inclusive and impactful storytelling in both journalism and academia. Through his multifaceted roles in journalism, education, and community service, Sam Kabera has made significant contributions to Rwandan society, promoting inclusive development and positive change.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...