Home AMAKURU DIGP Sano yahaye impanuro Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro muri Santrafurika
AMAKURU

DIGP Sano yahaye impanuro Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro muri Santrafurika

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa (DIGP) Vincent Sano, yasabye abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) gukomeza gukora neza, barangwa n’ubunyamwuga kugira ngo barusheho guhesha ishema igihugu bagiye bahagarariye. 

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Kamena, ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, ubwo yagezaga impanuro ku bapolisi 140 bagize itsinda RWAPSU I-10, riyobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) James Karasi, bitegura kujya gusimbura bagenzi babo bamaze igihe cy’umwaka bakorera i Bangui mu murwa mukuru w’icyo gihugu.

DIGP Sano yabashimiye ubwitange, n’imyitwarire myiza bagaragaje mu gihe bamaze bahugurwa, abashishikariza gukomeza kurangwa n’indangagaciro z’ubunyamwuga, gukorera hamwe no kubahiriza umuco w’abandi bazahurira nabo mu kazi.

Yagize ati: “Mwagaragaje ko mwiteguye byiyongera ku kuba mufite ibikoresho bihagije n’ubushake bwo gushyira mu bikorwa inshingano. Murasabwa gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura n’ubunyamwuga. Ntimuzibagirwe ko muhagarariye igihugu, muharanire kugihesha ishema, mugaragaze indangagaciro, kuba ba ambasaderi b’amahoro n’ubunyangamugayo nk’umuco ubaranga.”

DIGP Sano yabibukije kuzatera ikirenge mu cya bagenzi babo, bakomeza ibikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kubaka imibanire myiza nabo no gukorana neza n’izindi nzego z’umutekano z’imbere mu gihugu.

DIGP Sano kandi yabashishikarije guhora bumva ko bafite inshingano babazwa kandi bagakoresha neza ibikoresho bazaba bifashisha mu kazi.

Kuva mu mwaka wa 2014, nibwo u Rwanda rwatangiye kohereza abapolisi mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Repubulika ya Santrafurika, aho kuri ubu rufite imitwe ine y’abapolisi bakorera mu bice bitandukanye by’igihugu, ari byo; Bangui, Bangassou na Kaga Bandoro.

Umutwe RWAPSU ushinzwe by’umwihariko gucunga umutekano w’abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’intebe, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Minisitiri w’ubutabera, Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (SRSG) n’abamwungirije ndetse n’umuyobozi w’Ishami rya Polisi ya MINUSCA.

Written by
Sam Kabera

Sam Kabera is a Rwandan journalist and media professional who has been active in the field since 2015. He has contributed to various media outlets, including Nonaha.com,Bwiza.com,ATV and Hanga.rw, and has also worked in television journalism. Kabera's contributions to Rwandan media and education reflect his commitment to promoting inclusive and impactful storytelling in both journalism and academia. Through his multifaceted roles in journalism, education, and community service, Sam Kabera has made significant contributions to Rwandan society, promoting inclusive development and positive change.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

RIB yafunze abagabo babiri batambutsaga ibiganiro by’inyigisho z’idini ya Islam kuri YouTube

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’...

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ikigo cyitwa Vibaba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Uwihanganye Bashir washinze ikigo cyitwa...

“Pedophilia”Indwara ikunze kwibasira abagabo bakifuza kuryamana n’abana bato

Indwara ya “Pedophilia ” yibasira abakuru bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina n’abana bakiri...

Nyabugogo: Imodoka ya Volcano y’amashyanyarazi ihakoreye impanuka ikomeye

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena 2025,ahagana...