Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yageze mu Mujyi wa Goma.
Abinyujije ku rukuta rwa X yagize ati: “Ihuriro AFC/M23 rishimishijwe no kugaruka k’uwahoze ari umukuru w’Igihugu ,Senateri w’Ubuzima bwe bose, Joseph Kabila Kabange i Goma , mu gihugu cye cya DRC.”
Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko ukugaruka mu gihugu bivuze ikintu gikomeye muri Politiki kandi ari amahitamo meza.
Ati: “I Goma, Kabila yakiriwe, aho hakiri ibibazo bitandukanye birimo ivangura, guhuhotera abanyapoltiki, igihano cy’urupfu ndetse n’imvugo z’urwango.”
Ibi byashimangiwe na Col Willy Ngoma, uvugira igsirikare cya AFC/M23, aho nawe yatangaje ko Kabila yageze muri uyu mujyi uri mu maboko ya M23.
Ati: “ARC/AFC yishimiye ukuza no kubaha uwahoze ari umukuru w’igihugu na senateri ubizima bwe bwose, umusirikare wa Rubanda , Joseph Kabila Kabange mu bice byabohowe na M23/AFC.”
Ku wa Gatanu Kabila yari yavuze ko ateganya kujya i Goma mu minsi iri imbere, gusa kugeza ubu ntaremeza ubwe ko yahageze.
Mu cyumweru gishize sena ya DR Congo Kabila abamo nk’umusenateri ubuzima bwe bwose , yamukuyeho ubudahangarwa nyuma y’ubusabe bw’ubushinjaha bwa gisirikare bwifuza guhita bumukurikirana ku byaha birimo ubugambanyi no gufatanya n’umutwe wa M23.
Kabila w’imyaka 53 y’amavuko, yaherukaga muri DR Congo mu mpera za 2023 yavugaga ko agiye ku mpamvu z’amasomo muri Afurika y’Epfo.
Leave a comment