Home AMAKURU Ni iki kirikugabanya impanuka ziterwa n’amagare?
AMAKURU

Ni iki kirikugabanya impanuka ziterwa n’amagare?

Musanze kwiga amategeko y’umuhanda byafashije abanyonzi ku gabanya impanuka zo mu muhanda.

Abatwara abantu n’ibintu ku magare mu Karere ka Musanze baravuga ko kwitabira ku bwinshi kwiga amategeko y’umuhanda, abenshi bakaba bamaze no gutsindira impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga,bemeza ko byababereye ingirakamaro cyane mu gukoresha umuhanda neza birinda impanuka.

Uwitwa Tuyambaze Jean Baptiste umaze imyaka itanu ari muri Koperative y’abatwara abantu n’ibintu ku magare mu Karere ka Musanze CVM.

Afite uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga rwo mu rwego rwa B. Kimwe na bagenzi be bandi bagera kuri 500 bamaze kubona impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga, bahamya ko gutwara igare uzi amategeko y’umuhanda ari ingirakamaro cyane kuko bifasha mu kugabanya impanuka zikunze gushinjwa abatwara amagare ko aribo baziteza.

Abatwara amagare bemeza ko uretse gutwara igare uzi amategeko y’umuhanda,aba batwara amagare banahamya ko kubona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga uri umunyonzi nk’uko bakunze kubita ngo bifungurira i nzira yo gutera intambwe yerekeza no gutwara ibinyabiziga.

Ubuyobozi bwa Koperative yo gutwara abantu n’ibintu mu Karere ka Musanze CVM buvuga ko bufasha urubyiruko kwiga amategeko y’umuhanda mu rwego rwo kubafasha gukora ibyo bazi neza nk’uko bisobanurwa n’Umuyobozi w’iyi Koperative Mutsindashyaka Evariste.

Iyi Koperative yo gutwara abantu yo muri Musanze igizwe n’abanyamuryango 1501.
Abarenga kimwe cya kabiri bamaze kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga aho iz’agateganyo ari zo ziganje

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Rusizi: Abagabo babiri bafatiwe mu cyuho batera amabuye ku nzu y’uwarokotse Jenoside

Inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Rusizi zataye muri yombi abagabo babiri...

AMAKURU

Ruhango: Polisi yafunze abantu batatu bakekwaho kwica umuntu

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umugabo witwa Habinshuti Protogèn w’imyaka 42...

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

Don`t copy text!