Home UBUZIMA Minisiteri y’Ubuzima yatangaje umubare w’abamaze kwicwa n’icyorezo cya Marburg
UBUZIMA

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje umubare w’abamaze kwicwa n’icyorezo cya Marburg

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 28 Nzeri 2024, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yatangaje ko abantu batandatu mu Rwanda bamaze guhitanwa n’icyorezo cy’indwara y’umuriro mwinshi iterwa n’agakoko ka Marburg, mu gihe abandi 20 bamaze kucyandura.

Minisitiri Nsanzimana yagize ati: “Mu Rwanda hamaze kugaragara icyorezo cy’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg. Turabarura abantu 20 barwaye ndetse hari na batandatu imaze guhitana.”

Yakomeje asabonura ko umubare munini w’abarwaye iyi ndwara n’abo yishe wiganje mu bakora kwa muganga, cyane cyane ahavurirwa indembe, amenyesha Abanyarwanda ko Minisiteri y’Ubuzima iri gukorana mu gushakisha abahuye n’aba barwayi bapfuye.

Ku wa Gatanu taliki 27 Nzeri 2024, nibwo Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda habonetse iyi ndwara, isobanura ko hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane inkomoko y’iyi ndwara, hanashyirwaho ingamba zo kuyikumira.

Minisiteri y’Ubuzima isobanura ko iyi ndwara idakwirakwira binyuze mu mwuka, ahubwo ko ikwirakwira binyuze mu gukora ku maraso n’andi matembabuzi y’uyirwaye.

Ibimenyetso byayo birimo kuribwa umutwe bikabije, umuriro mwinshi, kuruka, kuribwa mu mitsi, gucibwamo na kuribwa mu nda, uburyo bwo kuyirinda ni ugukaza ingamba z’isuku no kwirinda gusangira ibikoresho n’umuntu ufite ibimenyetso bisa n’iby’iyi ndwara.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda iri gukorana n’imiryango mpuzamahanga mu guhangana n’iki cyorezo, yizeza ko kubera ubufatanye, iki cyorezo kizatsindwa nk’ibindi byabanje.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UBUZIMA

Umugabo arashinja Ibitaro bya Kibagabaga uruhare mu rupfu rw’umwana we

Mu gitondo cyo ku wa Mbere taliki 31 Werurwe 2025, umugabo witwa...

UBUZIMA

Papa Francis yagaragaye mu ruhame

Kuri iki Cyumweru,Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Fransisiko yagaragaye bwa...

UBUZIMA

Gatsibo -Gasange: Urupfu rwa Uwajeneza rwashenguye benshi

Mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Gasange haravugwa urupfu rutunguranye rw’Umubyeyi witwa...

UBUZIMA

Impinduka zari zitegerejwe mu misanzu ya pansiyo zemejwe bidasubirwaho

Kuri uyu wa Gatanu taliki 13 Ukuboza uyu mwaka, u Rwanda rwemeje...

Don`t copy text!