Friday, September 20, 2024
spot_img
HomeUBUREZIUko byagendekeye umwarimu wemerewe "transfer" yagera ku kigo agasanga nta mwanya uhari

Uko byagendekeye umwarimu wemerewe “transfer” yagera ku kigo agasanga nta mwanya uhari

Umwarimu tutifuje gutangaza imyirondoro ye kubera impamvu ze bwite, yaduhaye ubuhamya bw’ukuntu yahawe “transfer” na REB yagera ku kigo yoherejweho agasanga nta mwanya uhari.

Uyu mwarimu yasabye guhindurirwa ikigo kugirango yegere umuryango we. Yinjiye muri sisiteme nk’uko abandi binjiramo ubwo hari mu gihe cyo gusaba “Transfer”, yagezemo anezezwa no kubona hari ikigo kiri hafi y’aho umuryango we utuye maze yihutira kuhasaba ngo ave aho yakoreraga yegere aho ngaho.

Ku bw’amahirwe ubusabe bwe bwarakiriwe, ndetse buranemerwa sisiteme imugaragariza ko yemerewe kwimukira ku kigo yasabye. Nawe urabyumva ko ibyishimo byamurenze, atangira kwegeranya utuntu ngo asezere icumbi “Ghetto” asange umuryango we.

Ibyo byishimo ntibyarambye kuko ageze ku kigo yoherejweho yatunguwe no gusanga nta mwanya we ngo uhari. Ubwo yajyanaga ibaruwa ya REB imwimura, umuyobozi w’ishuri yamubwiye ko yibeshye mu kugaragaza imyanya akeneye ku kigo, uwo mwanya ntawo bafite.

Nk’undi muntu wese, umwarimu byaramucanze, yihutira kumenyesha akarere ikibazo ke. Akarere kamusubije ko niba nta mwanya uhari nta kindi kamufasha icyakora kamushakira ahandi hari umwanya muri ako karere. Gusa birumvikana ko hatari hegereye umuryango we kuko akarere ni kanini.

Abayobozi b’amashuri bakwiye kujya bitonda mu gihe bagaragaza muri system imyanya ikeneye abarimu bashya “Post request”.

Abarimu nabo bahawe “transfer” bage babanza bavugishe abayobozi b’amashuri bimuriweho babanze bamenye ko koko uwo mwanya uhari, mbere yo kwimukana utuntu twose, kuko gusubira inyuma biravuna.

Umurunga.com

Loading

RELATED ARTICLES

1 COMMENT

  1. Ariko namwe ntimukavune mwarimu. Ubuse niba enda umwarimu ari kuva Kirehe ajya Nyamagabe, akabona mukigo runaka hari umwanya muri system nigute wongera kumubwira ngo ahamagare umuyobozi w’ikigo?
    Ahubwo mbona umuyobozi w’ikigo ushyiramo imyanya muri system kandi ntawuhari, abakwiye gukurikiranwa.
    Ntibagakine n’amarangamutima y’abantu.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!