Home AMAKURU Kwibuka30:Madamu Claudette IRERE yifatanyije n’Akarere ka Rwamagana mu gushyingura imibiri 13 mu cyubahiro.
AMAKURUKWIBUKA

Kwibuka30:Madamu Claudette IRERE yifatanyije n’Akarere ka Rwamagana mu gushyingura imibiri 13 mu cyubahiro.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Madamu Claudette IRERE, yifatanyije n’Ubuyobozi n’abaturage b’Akarere ka Rwamagana mu Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Mata 2024, aho habaye no gushyingura mu cyubahiro imibiri 13 mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Muyumbu.

Urwibutso rwa Jenoside rwa Muyumbu ni rumwe mu nzibutso 11 mu Karere ka
Rwamagana ziruhukiyemo imibiri 83,871 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa kandi cyitabiriwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo n’izindi nzego.

Madamu Claudette IRERE kugeza ubu ni imboni y’Akarere ka Rwamagana.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Ruhango: Polisi yafunze abantu batatu bakekwaho kwica umuntu

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umugabo witwa Habinshuti Protogèn w’imyaka 42...

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

Don`t copy text!