Home AMAKURU Nyabihu: Umuyobozi w’umudugudu yishwe, banashinyagarurira umurambo we
AMAKURU

Nyabihu: Umuyobozi w’umudugudu yishwe, banashinyagarurira umurambo we

Mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Rugera mu Kagari ka Nyarutemba ho mu Mudugudu wa Jari uwari umuyobozi w’uyu mudugudu Eric Mugabarigira, yishwe akaswe ubugabo.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye ubwo umurambo we wagaragaraga yakaswe ubugabo, mu gitondo cyo ku wa Kabiri taliki 19 Werurwe 2024.

Amakuru yamenyekanye kuri uyu mugabo waherukwaga ku wa Mbere taliki 18 Werurwe 2024, avuga ko we n’undi mugabo w’inshuti ye bavuye aho yabaga bakajya kunywera muri tumwe mu tubari two mu Murenge wa Shyira.

Kuva icyo gihe ntiyongeye kuboneka ari muzima, ahubwo yabonetse yapfuye bikekwa ko yishwe kuko umurambo we wari ufite ibikomere.

Ndandu Marcel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyira, yemeje aya makuru ndetse avuga ko abantu batatu baherukanaga na nyakwigendera bamaze gutabwa muri yombi.

Yagize ati: “Umurambo wabonywe n’umuturage warimo agenda mu masaha ya mu gitondo mu Mudugudu wa Mukaka, Akagari ka Mpinga mu Murenge wa Shyira. Bikimara kumenyekana abantu batatu barimo uwo bari baturukanye mu murenge w’iwabo, nyiri akabari banyweragamo inzoga n’undi muntu basangiraga inzoga bahise batabwa muri yombi, kuko n’ubundi nibo bari basangiye kandi ari muzima ariko nyuma biza kugaragara ko yapfuye.”

Gitifu yasabye abaturage kujya bakemura amakimbirane yabo mu gihe bayafitanye babinyujije mu buryo bwiza bwo kugana inzego z’ubuyobozi zikabibafashamo.

Iperereza ku bakekwa mu kugira uruhare kuri uru rupfu ryahise ritangira, umurambo wa nyakwigendera ujyanwa mu Bitaro bya Shyira kugira ngo ukorerwe usuzumwa.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Rusizi: Abagabo babiri bafatiwe mu cyuho batera amabuye ku nzu y’uwarokotse Jenoside

Inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Rusizi zataye muri yombi abagabo babiri...

AMAKURU

Ruhango: Polisi yafunze abantu batatu bakekwaho kwica umuntu

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umugabo witwa Habinshuti Protogèn w’imyaka 42...

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

Don`t copy text!