Home AMAKURU DRC: Abasirikare ba Afurika y’Epfo barasanye baricana
AMAKURU

DRC: Abasirikare ba Afurika y’Epfo barasanye baricana

Ku butaka bwa RD Congo hapfiriye abasirikare babiri bo muri Afurika y’Epfo nyuma yo kurasana hagati muri bo.aba basirikare bapfiriye mu Burasirazuba bwa RD Congo, ni abari mu butumwa bwa MONUSCO muri iki gihugu.
Afurika y’Epfo kandi ifite abandi basirikare barwana n’umutwe wa M23 ku ruhande rwa SADC.
Abasirikare bapfuye ku wa 29 Gashyantare 2024, bakurikiye abandi babiri baherutse kwicwa n’igisasu cyatewe mu birindiro by’ingabo za Afurika y’Epfo muri Kivu y’Amajyaruguru.
SANDF, mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko umwe mu basirikare bayo yarashe mugenzi we, akirasa mu cyico mbere yo guhindukiza umututu w’imbunda.
Ntihavuzwe impamvu yateye ubwumvikane buke hagati y’abasirikare ba SANDF, gusa yavuze ko hatangijwe iperereza.
MBANJIMANA Juma/UMURUNGA.com
Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Ruhango: Polisi yafunze abantu batatu bakekwaho kwica umuntu

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umugabo witwa Habinshuti Protogèn w’imyaka 42...

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

Don`t copy text!