Home UBUZIMA Musanze: Abantu 45 bafashwe n’indwara y’amaso, yahangayikishije benshi kubera uburyo iri kwandura.
UBUZIMA

Musanze: Abantu 45 bafashwe n’indwara y’amaso, yahangayikishije benshi kubera uburyo iri kwandura.

Abatuye mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Shingiro, Akagari ka Mugari ho mu Mudugudu wa Terimberi, abaturage baho bakomeje guhangayikishwa n’indwara y’amaso iri muri uwo mudugudu.

Abahanga mu kuvura ibijyanye n’uburwayi bw’amaso, batangaje ko bakeka ko ari uburwayi bwo mu bwoko bw’Umutezi (Gonococcal conjoctivatis), aho uwayirwaye azana ibintu bifashe ku maso bibuza uwayirwaye kubumbura amaso.

Iyi ndwara iri kwibasira cyane abasigajwe inyuma n’amateka, bagafashwa guhabwa ubuvuzi ku buntu, dore ko abenshi nta bwisungane mu kwivuza bagira.

Bwana Hanyurwabake Théoneste, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shingiro, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yavuze ko iyi ndwara imaze gufata abantu 45, muri uwo mudugudu.

Ubufatanye bw’Abajyanama b’Ubuzima, abaganga ku bitaro bya Ruhengeri n’Abaforomo ku kigo nderabuzima cya Shingiro, mu kwirinda kwanduza abantu benshi bari kuvurira abantu mu rugo.

Yagize ati “kugeza ku wa 04 Nzeri 2023, abamaze kwandura ni 45, ejo twabasanze iwabo turi kumwe n’Abaganga bo ku bitaro bya Ruhengeri n’Abaforomo bo ku kigo nderabuzima cya Shingiro ndetse n’abajyanama b’Ubuzima, abarwayi bahabwa imiti, ndizera ko baza kugenda bamererwa neza.”

Umuyobozi yakomeje avuga ko iyi ndwara atari ubwa mbere bayirwaye muri uwo mudugudu, kuko avuga ko ahanini iterwa n’umwanda.

Gitifu Hanyurwabake yasabye abaturage kwirinda iyo ndwara kuko yandura cyane iyo muri gukoranaho, n’isazi zayanduza, asaba abaturage kugira isuku ku myambaro no ku mubiri kugira ngo birinde udukoko twayikwirakwiza.

SRC:Kigali Today

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UBUZIMA

Umugabo arashinja Ibitaro bya Kibagabaga uruhare mu rupfu rw’umwana we

Mu gitondo cyo ku wa Mbere taliki 31 Werurwe 2025, umugabo witwa...

UBUZIMA

Papa Francis yagaragaye mu ruhame

Kuri iki Cyumweru,Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Fransisiko yagaragaye bwa...

UBUZIMA

Gatsibo -Gasange: Urupfu rwa Uwajeneza rwashenguye benshi

Mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Gasange haravugwa urupfu rutunguranye rw’Umubyeyi witwa...

UBUZIMA

Impinduka zari zitegerejwe mu misanzu ya pansiyo zemejwe bidasubirwaho

Kuri uyu wa Gatanu taliki 13 Ukuboza uyu mwaka, u Rwanda rwemeje...

Don`t copy text!