Home AMAKURU Perezida Tshisekedi yagabanyirije ibihano Abanyamerika bari barakatiwe igihano cy’urupfu
AMAKURU

Perezida Tshisekedi yagabanyirije ibihano Abanyamerika bari barakatiwe igihano cy’urupfu

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antoine Felix Tshisekedi, yategetse ko Abanyamerika bakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamywa icyaha cyo kugerageza kumuhirika ku butegetsi (coup d’état) bagabanyirizwa ibihano.

Ku wa 25 Mutarama uyu mwaka, Urukiko rwa Gisirikare rwa Kinshasa, rwakatiye urwo gupfa abantu 37, barimo n’Abanyamerika batatu nyuma yo guhamywa icyaha cyo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Leta ya Kinshasa.

Muri Gicurasi 2024, nibwo abo bantu bari bayobowe na Christian Malanga bagabye igitero ku rugo rwa Vital Kamerhe usanzwe ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC no ku ngoro y’Umukuru w’Igihugu.

Icyo gihe inzego zishinzwe umutekano zahise zirasa zica Christian Malanga wari ufite ubwenegihugu bwa Amerika, mu gihe umuhungu we witwa Marcel Malanga bari kumwe n’abandi Banyamerika babiri batawe muri yombi mbere yo gukatirwa urwo gupfa.

Mu ureka rya Perezida Tshisekedi, ryasomewe kuri Tekeviziyo n’umuvuguzi we, Tina Salama, yatangaje ko igihano cy’urupfu yari cyarakatiwe Marcel Malanga na bagenzi be babiri b’Abanyamerika Taylor Christa Thomson na Zalman Polun Benjamin cyagabanyijwe kigirwa icyo gufungwa burundu.

Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba, zo guhita ashyira mu bikorwa ririya teka.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

Don`t copy text!