Home AMAKURU Nyanza: RIB yafunze umwarimu ushinjwa gusambanya umugore bari mu kigero kimwe
AMAKURU

Nyanza: RIB yafunze umwarimu ushinjwa gusambanya umugore bari mu kigero kimwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi umwarimu wo mu Karere ka Nyanza, ukekwaho gusambanya umuntu mukuru, icyaha kiri mu byaha bikomeye hano mu Rwanda.

Amakuru y’ifungwa ry’uyu mwarimu witwa Gaspard, yatangajwe na bamwe mu baturanyi be.

Bavuga ko ubusanzwe mwarimu Gaspard usanzwe yigisha ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA riri mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza amaze iminsi yaratawe muri yombi.

Mwarimu Gaspard uri mu kigero cy’imyaka 45 y’amavuko, atuye mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana, Akagari ka Rwesero ho mu Mudugudu wa Kidaturwa.

Bivugwa ko yahengereye umugore we adahari kuko acururiza mu isantere ya Rupango, ajya iwe ahamagara undi mugore uri mu kigero cy’imyaka 45 y’amavuko amusanga iwe (Kwa Mwarimu Gaspard) ngo aramusambanya.

Abaturage bavuga ko uwo umugore wasambanyijwe asanzwe afite umugabo, ariko umugabo we akaba afunze.

Nyuma y’uko uwo mugore asambanyijwe ngo yahise ajya gutanga ikirego kuri RIB, avuga ko yasambanyijwe ku ngufu.

Umwe mu baturage uri mu bakurukiranye aya makuru, avuga ko mu ibazwa rya mwarimu Gaspard yemera ko yasambanyije uriya mugore, ariko ko bari bumvikanye ndetse atari ni ubwa mbere amusambanyije. Icyakora RIB iracyakora iperereza.

https://youtu.be/6B8qaoXbBcc?si=c4770BvvtLdlq8s-

Meya w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yahamije iby’aya makuru, avuga ko RIB irimo kubikurikirana.

Amakuru agera ku Umuseke dukesha iyi nkuru avuga ko RIB yamaze gukora dosiye iyishyikiriza Ubushinjacyaha.

Mwarimu Gaspard usanzwe yigisha indimi mu kigo cya ESPANYA i Nyzanza, kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Busasamana.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!