Home AMAKURU Nyanza: Umusore wihinduraga umugiraneza agacucura abaturage yafashwe
AMAKURU

Nyanza: Umusore wihinduraga umugiraneza agacucura abaturage yafashwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rwataye muri yombi umusore ukekwaho kwiba abaturage akoresheje amayeri atandukanye arimo no kwiyita umugiraneza.

Uyu musore witwa Uwiringiyimana Eric w’imyaka 28 y’amavuko, yafatiwe mu Mudugudu wa Nyamagana B, Akagari ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana ho mu Karere ka Nyanza.

Uyu musore ufunzwe na RIB, yafatiwe mu nzu y’umuturage witwa Hakizimana Jean Damascene.

Uyu musore ngo yahengereye ba nyiri urugo bagiye gusenga bavuyeyo basanga uyu musore arimo kubeshya abana ko nyina ubabyara abatumye telemusi ngo kuko hari umuntu ukoze impanuka.

Umwe mu baturage avuga ko uyu musore amenyerewe kuri iyi ngeso, kuko ngo yagiye ajya mu ngo nyinshi zitandukanye akajya abibwira abana nabo bakabimuha, agahita aburirwa irengero kandi abo bana yanabanzaga kubumvisha ko ari umugiraneza.

Aho uyu musore yafatiwe, bamutesheje amasorori atandatu, telemusi ebyiri n’ibindi.

Gitifu w’Umurenge wa Busasamana, Bizimana Egide, avuga ko uyu musore akimara kubona ba nyiri urugo yahise yiruka maze nabo bavuza induru, abaturage baramufata banamwambura ibyo yari afite.

Kuri ubu uyu musore ukekwa, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Busasamana. (Umuseke)

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!