Home AMAKURU Goma: Umunyamakuru ufite isura nk’iy’Abanyarwanda yahuye n’isanganya
AMAKURU

Goma: Umunyamakuru ufite isura nk’iy’Abanyarwanda yahuye n’isanganya

Yousra Elbagir, Umunyamakuru ukorera Sky News muri Afurika, yatangaje ko ubwo yari ari mu kazi mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yibasirwa n’abatekereje ko ari Umunyarwandakazi.

Yatangaje ko yahuye n’aka kaga mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru taliki 26 Mutarama 2025.

Yousra Elbagir mu mashusho yashyize hanze, yavuze ko we n’itsinda ry’abo barikumwe barimo n’umufatira amashusho, bibasiwe cyane n’aba bantu atasobanuye neza abo bari bo.

Yagize ati: “Muri iki gitondo (…) itsinda ryacu ryibasiwe n’abaturage bo muri Congo babonaga nsa n’Abanyarwanda, batwibasiye bikomeye, bibasira cyane umunyamakuru wacu ufata amashusho. Byaba byumvikana cyane uvuze ko abaturage bafite ubwoba bwinshi bw’ibishobora gukurikiraho.”

Ibi yabitangaje mu gihe Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bibasirwa ndetse bamwe bakicwa, ari na byo byatumye umutwe witwaje intwaro wa M23 wubura imirwano.

Uyu Munyamakuru waketswe nk’Umunyarwanda, ni Umwongereza ufite inkomoko muri Sudani.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!