Home AMAKURU Rusizi: Umunyonzi yaguye mu mapine y’ikamyo igenda
AMAKURU

Rusizi: Umunyonzi yaguye mu mapine y’ikamyo igenda

Mu gitondo cyo ku wa Mbere taliki 20 Mutarama 2025, mu Karere ka Rusizi habereye impanuka y’igare ryavaga mu Murenge wa Gashonga ryerekera muri Santere ya Bugarama ryaguye mu modoka yo mu bwoko bwa Truck Mercedes Benz na yo yamanukaga yerekeza muri iyo santere.

Iyo mpanuka yabereye mu Murenge wa Nzahaha, Akagari ka Rebero ho mu Mudugudu wa Gatovu, umunyonzi wari utwaye iryo gare yinjiye mu mapine y’ikamyo ubwo bari bageze ahamanuka cyane, akomereka ku kuguru bikabije.

Undi munyonzi mugenzi we bakorana mu muhanda Gashonga-Bugarama yavuze ko ubwo uwo munyonzi yari ageze mu gice cy’umuhanda kimanuka cyane, binatewe nuko icyo gice cy’umuhanda cyangiritse cyane, yashatse kunyura kuri iyo modoka yari imuri imbere, imodoka y’Abanyekongo na yo ishakisha kunyura aheza, imukomaho ahita ata umuhanda agwa mu mapine y’inyuma y’iyo yari imuri imbere imukandagira ukuguru.

Ati: “Ni amahirwe yagize ahubwo yari agiye kugushamo umutwe, ukuguru imodoka yagukandagiye bikabije ku buryo hari n’abavuga ko kwaba kwacitse. Polisi yahise ihagera umunyonzi ajyanwa kwa muganga, nta bindi twamenye.”

SP Emmanuel Kayigi, uvugira Polisi y’u Rwanda Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yavuze ko iyo mpanuka yatewe no kunyuranaho nabi byatewe n’umunyonzi wari utwaye igare, avuga ko yakomeretse ukuguru bikabije, akajyanwa ku Bitaro bya Kibogora.

Yagize ati: “Mu gihe yanyuraga kuri Truck Mercedes Benz yari imuri imbere, yananiwe kuyobora igare neza, agwa mu mapine y’inyuma akomereka ukuguru, ajyanwa mu Bitaro bya Kibogora.”

SP Kayigi yaboneyeho kwibutsa abantu kwitwararika mu gihe bakoresha umuhanda, kuko impanuka yaba igiheicyo aricyo cyose, haba mu muhanda wa kaburimbo cyangwa uw’itaka, ikaba kandi yaterwa n’umuntu wese utubahirije imigendere myiza yo mu muhanda.

Src: Imvaho Nshya

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!