Home AMAKURU Updates: Amakuru agezweho ku isanduku yo gutabarana m’Umwalimu SACCO.
AMAKURU

Updates: Amakuru agezweho ku isanduku yo gutabarana m’Umwalimu SACCO.

Inama y’inteko rusange isanzwe y’ Umwalimu SACCO igaragaje ibyavuye mu banyamuryango ku bijyanye n’isanduku yo gutabarana. Abanyamuryango ba Koperative y’Abarimu yo Kubitsa no Kuguriza bagombaga kwemeza niba iyi sanduku yaba amafaranga 300Frw cyangwa 1000Frw yajya akatwa umunyamuryango buri kwezi.

Iyi nama iri kuba kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Ukuboza 2024, ku nshuro yayo ya 29 ikaba iri kubera muri Hill Top Hotel I Remera mu Mujyi wa Kigali.

Kimwe mu byo iyi nama yagombaga kugarukaho ni ibyavuye mu banyamuryango hasi ku bigo by’amashuri n’ahandi, aho bagombaga kwemeza ko isanduku yo gutabarana buri munyamuryango azajya atanga 300Frw cyangwa 1000Frw akatwa ku mushahara we.

Iyi nama yagaragaje ko abanyamuryango bangana na 82% batoye ko isanduku yava kuri 300Frw ikajya ku 1000Frw. Ibi bigaragaza ko bidasubirwaho ari wo mwanzuro ugiye gukurikizwa kuko ari wo watowe n’abanyamuryango benshi.

Ibi bivuze ko umunyamuryango wakwitaba Imana umuryango we wahabwa Miliyoni 1 y’amafaranga y’u Rwanda naho yapfusha umwana agahabwa ibihumbi 800 by’amafaranga y’u Rwanda yo kumutabara.

Imyanzuro yose y’ibyavuye muri iyi nama ni mu kanya ku Umurunga.com

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!