Home AMAKURU Musanze:Umusore yagwiriwe n’ikirombe ahasiga ubuzima
AMAKURU

Musanze:Umusore yagwiriwe n’ikirombe ahasiga ubuzima

Mu Karere ka Musanze Umurenge wa Muhoza, Akagari ka Cyabararika ho mu Mudugudu wa Gasanze haravugwa inkuru y’umusore witwa Nsengiyumva Jean Damascène w’imyaka 22 y’amavuko wapfiriye mu kirombe yarimo ashakamo amabuye y’agaciro.

Icyo kirombe kiri mu murima w’umuturage witwa Singirumukiza Fidèle, Ubwo Nsengiyumva yari, akirimo acukuramo zahabu,ngo itaka ryaba rya mugwiriye,aburiramo umwuka bimuviramo urupfu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza wemeje amakuru y’uru rupfu yagize ati:”Impanuka yamenyekanye mu ma saa tanu z’igitondo.Mu gihe uwo musore yarimo acukura zahabu birashoboka ko itaka ryamugwiriye bimuviramo gupfa.Iperereza ryahise ritangira ngo hamenyekane mu by’ukuri intandaro y’uru rupfu.”

Umuvugizi wa Polisi yavuze kandi ko icyo kirombe cyahoze gicukurwamo amabuye y’agaciro kiza gufungwa kuko kitari cyemewe n’amategeko.

Agace icyo kirombe giherereyemo gakunze kuvugwaho ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa rwihishwa butemewe.

Umurambo wa Nsengiyumva wajyanwe ku bitaro bikuru bya Ruhengeri gukorerwa isuzuma.

Src: Kigali Today

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!