Home AMAKURU Kwishima birashoboka abantu badasinze – RIB yavuze imyitwarire ikwiye kuranga abaturarwanda mu mpera z’umwaka
AMAKURU

Kwishima birashoboka abantu badasinze – RIB yavuze imyitwarire ikwiye kuranga abaturarwanda mu mpera z’umwaka

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye abanyarwanda kwitwara neza muri izi mpera z’umwaka, ndetse bakazirikana ko bashobora kwishima badasinda.

Ni ubutumwa bwatanzwe na RIB ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko umwe mu bakoresha izi mbuga nkoranyambaga yandikiye RIB, agira ati: “Ko mbona dutangiye impera z’umwaka tukaba dushima inzego zacu zirimo RIB ko zikomeje kuturinda tunabashima cyane. Ubu muraduteganyiriza iki muri izi mpera z’umwaka? Ubwo bizashoboka ko twishima tunywaless?”

Mu kumusubiza, RIB yagize iti:” Birashoboka cyane kwishima abantu #banywaLess ni nabyo tubifuriza kuko ari byo bikurinda kugwa mu byaha bitandukanye. Muri izi mpera z’umwaka icyo tubizeza ni ugukomeza kurwanya icyaha, kandi dufatanyije namwe birashoboka. Tukwifurije gutangira ukwezi k’Ukuboza neza, kuzakubere ukwezi kuzira icyaha.”

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!