Home AMAKURU Nyagatare: Abakangisha abaturage intwaro gakondo zirimo umuhoro batangiye gutabwa muri yombi
AMAKURU

Nyagatare: Abakangisha abaturage intwaro gakondo zirimo umuhoro batangiye gutabwa muri yombi

Mu gihe mu karere ka Nyagatare hamaze igihe havugwa itsinda ry’insorere sore zatangiraga abaturage zikabatera ubwoba zitwaje inkoni n’imihoro, umwe yatawe muri yombi undi abaca mu nzara aho nawe arimo guhigwa bukware.

Ibi byabaye mu rukerera rwo ku italiki ya 15 Ukwakira, mu kagali ka Kamagiri, umurenge wa Nyagatare, mu karere ka Nyagatare aho abaturage batabazaga bavuga ko abantu bikamufuye, bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro n’inkoni.

Abaturage bavuga ko ubwo bajyaga mu mirimo yabo batunguwe no gusakirana n’abasore babiri bitwaje inkoni n’umuhoro, maze barabanjama batangira kubakubita.

Ubwo batabazaga, ngo uwo watabaye nawe batangiye kumuhata inkoni.

Umwe uri mu baje gutabara, Rutikanga Amon, yatangaje uko byagenze, ati:”Twumvise abantu bataka, tuje dusanga bakubiswe. Batangiriwe n’abagizi ba nabi ubwo bajyaga mu mirimo yabo. Umuturanyi wahageze mbere nawe nawe yahaswe inkoni ariko uko batabazaga haza abashumba bari hafi aho bakama, abo banyarugomo babonye abantu biyongereye bariruka. Haje n’abashinzwe umutekano turabakurikira dufata umwe undi acikira mu ishyamba rya Rwinzavu. Ubu uwafashwe yashyikirijwe Polisi. ”

Mugenzi we Murorunkwere Seraphine, nawe yunzemo ati:” Abantu batabaza twabanje kugira ngo ni igitero gikomeye kuko muri iyi minsi hamaze igihe havugwa urugomo hirya no hino muri Nyagatare.Twifuza ko abakekwa muri ibi bikorwa byo guhohotera abaturage bakurikiranirwa hafi kuko birababaje kuba umuntu azindutse ajya mu murima we akazindukizwaho inkoni. ”

SP Twizerimana Hamduni, ni umuvugizi wa Police mu Ntara y’Iburasirazuba, yavuze ko abagaragaye muri uru rugomo bari basinze kandi uwatawe muri yombi akaba agiye gukurikiranwa.

Ati:” Abakubise abaturage ni abashumba bari basinze. Kuwa mbere bari bahembwe aho uyu wafashwe yari yahembwe ibihumbi 20 arara anywa inzoga zitandukanye kugera mumukereye ho. Ni bwo bahuye n’abaturage bajya mu mirimo yabo barabakubita ku bw’amahirwe batabarwa n’abaturanyi ndetse umwe arafatwa, aho inzego zibishinzwe zigiye kubikurikirana. ”

SP Hamduni yakomeje asaba abaturage gukomeza gufatanya n’ubuyobozi kwicungira umutekano.

Asaba abishora mu rugomo kubicikaho cyane bibagonganisha n’amategeko, by’umwihariko ababiterwa n’ubusinzi ndetse no kunywa ibiyobyabwenge bibutswa ko bagomba kwitandukanya na byo.

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!